Sobanukirwa n’indwara y’igifu nuko wakwitwara mu gihe uyirwaye
Umuntu avuga ko arwaye igifu iyo yumva ububabare bumeze nk’ubushye mu gifu,...
Iyo umaze ubyara hari ibigomba gukorwa n’umubiri kugirango usubirane
umubiri. Ibi rero bikaba bigenda byikora gahoro gahoro kuko bifata
igihe.
Muri byo harimo ko amayunguyungu yawe kandi na yo
agomba gusubirana akamera nk’uko yari amaze utarabyara ibi rero bituma
umubiri ufata umwanya uhagije kugirango usubirane kandi bikaba nta
kidasanzwe kirimo cyatuma uhangayika. Urubuga rwa regimesmaigrir ruvuga, ko hari byinshi byakorwa kugirango usubirane taille yawe wari ufite mbere y’uko ubyara.
Konsa nk’uko ibushakashatsi bwabigaragaje ni kimwe
mu byagufasha gutakaza ibiro kandi vuba ukaba wasubira uko wari umeze
mbere utaratwita. Kuba wonsa rero bigusaba kongera ibitera ingufu
calories wafataga ku munsi ukaba wageza nibura kuri calories 500 ku
munsi (ushobora kuzongera uramutse ufite impanga). Kuba wonsa ntibivuga
kurya ibiryo by’abantu babiri.
Kurya ibiryo bike ariko buri kanya birafasha kuruta
uko warya byinshi ingunga imwe. Aha warya byibuze inshuro 6 ku munsi
urya ibiryo bike kuruta uko warya 3 ku munsi nk’uko bimenyerewe.
Umugore wabyaye na we rero ngo agomba kunywa amazi
menshi byibuze litiro 2 ku munsi. Amazi afasha cyane igifu bityo agatuma
kitananirwa ndetse ukagira ubuzima bwiza.
Ugomba kuryama bihagije cyangwa se kuruhuka
bihagije.nk’umugore ufite umwana hari igihe utabasha kuryama amasaha 8
yikurikiranyije kubera ko n’umwana aba agukeneye, ariko ni ngombwa ko
ushaka umwanya uhagije ukaruhuka ugasinzira neza. Aha wenda wajya
uryama ariko ubonye umwana nawe amaze gusinzira noneho nawe ukaboneraho
ukaruhuka ndetse ukanagerageza kuryama kare.
Kugira ukwihangana na byo byagufasha kuko nk’uko
twavuze haruguru ntiwahita usubirana umubiri (taille) wari ufite
utarabyara bifata igihe kigaragara ni yo mpamvu kwihangana ari
ngombwa nturambirwe.
Ku bantu basanzwe bafata regime biba byiza iyo
utakaje ikiro 1 mu cyumweru ariko si ko bimeze ku mugore umaze kubyara
kuko we agomba gutakaza ibicebitanu (0.5 kg) mu cyumweru kugirango
umubiri we udahura n’ibibazo.
Guhora utekereza ibyiza gusa ndetse ukigirira
ikizere mu gihe uri gufata regime, erega n’ubwo wananuka ariko ntungane
nk’uko wanganaga utaratwita, ntiwumve ko utagaragara neza rwose, si
byo, ahubwo ugerageze kongera kwiyitaho kugira ngo ukomeze wigarurire
icyizere.
Paulette Mukatete agasaro.com
Umuntu avuga ko arwaye igifu iyo yumva ububabare bumeze nk’ubushye mu gifu,...
Tungurusumu tuyisanga muri bimwe mu byo abantu bamenyerewe nk
Iri funguro rero nta rindi ni iryo tumenyereye ku izina ry’Umureti, rikaba...
Iyo umaze ubyara hari ibigomba gukorwa n’umubiri kugirango usub
Ibitekerezo (1)
iLsEoRwyZzQ
7-10-2011 23:02
Keep on witnrig and chugging away!