
Senegal: Misiyoneli Kazura Jules Imana ikomeje kumukoresha ibikomeye.
URUGENDO RW’UBUTUMWA MURI KAZAMANSE (Casamance) Ibyo kutibagirwa: Twese...
Umurimo muri Senegal ni mugari kandi abakozi baracyari bake, kuburyo bagomba kuvunika cyane no kwitanga mu mpano zitandukanye kugirango umurimo w’Imana ukorwe.
Mu minsi ishize nahamagawe n’umuryango wa Bibiloya muri Senegali ngo mbafashe guhugura abakozi b’Imana. Ubutumire bungezeho numvise nishimye cyane, nitegura guhura n’abo banyeshuri.
Nk’umuntu wakoze umurimo mu Rwanda, nibwiraga ko ubwo ari ishuri ubwo nyine n’abanyeshuri ari benshi. Isaha yo kwigisha iragera, hari saa yine za mugitondo mbona abanyeshuri ni babiri gusa, ndategereza nibwira ngo abandi bari mu nzira, nuko menyeshwa ko ari abo nta bandi. Amasaha atatu akurikiye nayamaranye n’abo bakozi b’Imana, tuganira kubirebana nicyo Bibiliya ivuga k’ubukene.
Bimwe mu bintu nigiye muri Senegali kandi bikomeye byubatse ubugingo bwanjye cyane, ni ukumenya ko imbaraga umuntu ashyira mu kubwiriza cyangwa kwigisha abantu ijana ari nazo akwiye gukoresha mu gihe afite umuntu umwe cyangwa babiri, kuko burya icyo Imana yitayeho atari cyane ubwinshi bw’abantu (quantity) ahubwo iha agaciro cyane imihindukire y’abo bantu no kwitanga kwabo mu kubaha no gukorera Imana.
Uwo munsi hamwe n’abo bakozi b’Imana wambereye umugisha ukomeye, byose dukomeje kubishimira Imana.
Misiyoneli Kazura Jules
URUGENDO RW’UBUTUMWA MURI KAZAMANSE (Casamance) Ibyo kutibagirwa: Twese...
Umurimo muri Senegal ni mugari kandi abakozi baracyari bake, kuburyo...
“Ibisarurwa ni byinshi, ariko abasaruzi ni bake. Nuko rero mwinginge...
“Ibisarurwa ni byinshi, ariko abasaruzi ni bake. Nuko rero mwinginge...
Ibitekerezo (0)