
Senegal: Misiyoneli Kazura Jules Imana ikomeje kumukoresha ibikomeye.
URUGENDO RW’UBUTUMWA MURI KAZAMANSE (Casamance) Ibyo kutibagirwa: Twese...
“Ibisarurwa ni byinshi, ariko abasaruzi ni bake. Nuko rero mwinginge nyir’ibisarurwa, yohereze abasaruzi mu bisarurwa bye.” (Mat.9:37-38)
Mu rwego rwo kwifatanya n’abantu benshi hirya no hino ku isi mu gusengera amoko ataragerwaho n’Ubutumwa Bwiza, kuri uyu wa mbere tariki ya 7 Nzeri 2015 turasengera Ababoti bo muri Nepali.
Ababoti babarizwa muri Nepali ho ku mugabane w’Aziya, ahari abagera ku 13.000, basa n’abafite umwihariko kuko ubona batandukanye na ba kavukire batuye mu misozi miremire ya Himalaya. Idini ya Budizimi yashinzi imizi , ku buryo usanga bitakiri idini gusa ahubwo byarahindutse umuco. Mu mabarura yakozwe muri Nepali, byagaragaye ko hari umubare muto w’Abakristo mu bwoko bw’Ababoti.
Ikindi gishimishije ni uko Bibiliya yose yamaze guhindurwa mu mu rurimi bavuga (Nepali). Ndetse n’inyigisho ziri mu buryo bw’amajwi zamaze guhindurwa muri urwo rurimi wongeyeho na filimi ya Yesu yakozwe n’umuryango w’ivugabutumwa mu makaminuza ( Campus Crusade for Christ).
Inziti
Inyigisho za Budizimi zitandukanye cyane n’iza Bibiliya ku buryo bitorohoheye umuntu wamaze gucengerwa nazo gusingira ukuri kwa Bibiliya, birasaba kwemezwa mu buryo budasanzwe n’Umwuka Wera.
Ibyifuzo byo gusengera
• Imana ihagurutse abakozi bayo baturutse hirya no hino ku isi kugira ngo bajyane Ubutumwa Bwiza mu Baboti.
• Kugira ngo umubare muke w’Abakristo uhari bambikwe imbaraga z’Umwuka Wera bityo babashe guhamya mu babo.
Ijambo ry’umunsi
“Uwiteka Imana ni yo Mana y’Abisirayeli ihimbazwe, Ni yo yonyine ikora ibitangaza. Izina ryayo ry’icyubahiro rihimbazwe iteka, Isi yose yuzure icyubahiro cyayo. Amen kandi Amen.” (Zaburi 72:18-19)
Ushobora gusangira aya makuru n’inshuti zawe wifashishije imbuga nkoranyambaga nka www. facebook.com, cyangwa se ubundi buryo bukoroheye, kwigomwa umwanya naho waba ari muto ukazirikana abatarumva Ubutumwa Bwiza mu buryo bw’isengesho ni iby’igiciro cyane mu maso y’Imana. Imana iguhe umugisha!
Ku babasha kumva ururimi rw’Icyongereza mushobora gukurikira gahunda ya buri munsi yo gusengera amoko atarumva Ubutumwa Bwiza kuri http://www.unreachedoftheday.org/ cyangwa http://www.cornerstonenc.org/unreached-of-the-day/
Ange Victor UWIMANA
[email protected] (+250)788552883/ (+250)725151463
URUGENDO RW’UBUTUMWA MURI KAZAMANSE (Casamance) Ibyo kutibagirwa: Twese...
Umurimo muri Senegal ni mugari kandi abakozi baracyari bake, kuburyo...
“Ibisarurwa ni byinshi, ariko abasaruzi ni bake. Nuko rero mwinginge...
“Ibisarurwa ni byinshi, ariko abasaruzi ni bake. Nuko rero mwinginge...
Ibitekerezo (0)