
Senegal: Misiyoneli Kazura Jules Imana ikomeje kumukoresha ibikomeye.
URUGENDO RW’UBUTUMWA MURI KAZAMANSE (Casamance) Ibyo kutibagirwa: Twese...
“Ibisarurwa ni byinshi, ariko abasaruzi ni bake. Nuko rero mwinginge nyir’ibisarurwa, yohereze abasaruzi mu bisarurwa bye.” (Mat.9:37-38)
Mu rwego rwo kwifatanya n’abantu benshi hirya no hino ku isi mu gusengera amoko ataragerwaho n’Ubutumwa Bwiza, Kuri uyu wa kabiri tariki ya 6 Ukwakira 2015 turasengera Abadonge.
Abadonge babarizwa mu gihugu cy’Ubushinwa ku mugabane w’Aziya, ahabarurwa abagera kuri 1.226.000. Mu w’1910, nibwo abamisiyoneri ba mbere bajyanye ubutumwa mu Badonge, mu w’1930 , abantu bagera kuri 80 bemeye kuba Abakristo, naho vuba aha mu w’1998 hari itsinda ry’abantu bakiriye Ubutumwa Bwiza basubiye iwabo bahita batangira itorero ry’abantu 40 bakaba batarenira mu ngo.
Inzitizi
• Abadonge basenga ibigirwamana cyane ndetse n’imyuka y’abakurambere,bityo usanga rero bafite ubwoba bw’uko bashobora kugirirwa nabi n’iyo imyuka.
• Kugeza ubu Isezerano Rishya niryo ryamaze guhindurwa mu rurimi bakoresha,bityo rero bacyeneye no kubona isezerano rya kera.
Ibyifuzo byo gusengera
• Dusabe Imana ihagurutse Abakristo hirya no hino cyane cyane mu matorero yo mu Bushinwa, bajyane Ubutumwa Bwiza mu Badonge kandi igenderere imitima y’ab’ubwoko ; kugira ngo babashe kwizera ko Yesu Kristo ari Umwami n’Umukiza.
• Dusengere kugira ngo haboneke abantu bitangira umurimo wo guhindura Iserano rya Kera mu rurimi bavuga.
• Dusengere kugira ngo Imana isuke imbaraga mu Bakristo b’Abadonge, nubwo ari bake cyane babashe guhamiriza ab’ubwoko bwabo iby’Ubutumwa Bwiza.
Ijambo ry’umunsi
“Ariko ni ukuri ndahiye guhoraho kwanjye n’uko isi yose izuzura icyubahiro cy’Uwiteka.” (Kubara 14:21)
Ushobora gusangira aya makuru n’inshuti zawe wifashishije imbuga nkoranyambaga nka www. facebook.com, cyangwa se ubundi buryo bukoroheye, kwigomwa umwanya naho waba ari muto ukazirikana abatarumva Ubutumwa Bwiza mu buryo bw’isengesho ni iby’igiciro cyane mu maso y’Imana. Imana iguhe umugisha!
Ku babasha kumva ururimi rw’Icyongereza mushobora gukurikira gahunda ya buri munsi yo gusengera amoko atarumva Ubutumwa Bwiza kuri http://www.unreachedoftheday.org/ cyangwa http://www.cornerstonenc.org/unreached-of-the-day/
Ange Victor UWIMANA
[email protected] (+250)788552883/ (+250)725151463
URUGENDO RW’UBUTUMWA MURI KAZAMANSE (Casamance) Ibyo kutibagirwa: Twese...
Umurimo muri Senegal ni mugari kandi abakozi baracyari bake, kuburyo...
“Ibisarurwa ni byinshi, ariko abasaruzi ni bake. Nuko rero mwinginge...
“Ibisarurwa ni byinshi, ariko abasaruzi ni bake. Nuko rero mwinginge...
Ibitekerezo (0)