Tungurusumu ni umuti ukomeye urwanya kwipfundika

Tungurusumu ni umuti ukomeye urwanya kwipfundika kw’imitsi no kuziba kw’imijyana y’amaraso


Yanditswe na: Ubwanditsi     2011-11-04 15:02:02


Tungurusumu ni umuti ukomeye urwanya kwipfundika kw’imitsi no kuziba kw’imijyana y’amaraso

Tungurusumu tuyisanga muri bimwe mu byo
abantu bamenyerewe nk’indyoshyandyo, kandi bakaba banemeza ko zinafite
akamaro ku buzima, mu kubakingira indwara zitandukanye.Abantu
benshi bakunda kurya Tungurusumu mu nyama cyangwa se bakayishyira mu
bindi biryo kugira ngo ibihumuze. Ariko si aho igarukira gusa, kuko
igirira akamaro kihariye umubiri aho ikungahaye kandi ifite ubushobozi
bwo kurwanya indwara zitagira ingano. Yica imyanda itera ingingo
gukanyarara. Irinda ibihaha, ikoresha neza indurwe yo mu gifu, ikongera
imbaraga n’ubushyuhe bw’agahu gashashe mu gifu.

Itera kwituma neza kandi igatuma igifu gisya neza ibiryo. nk’uko byagarutsweho n’abaganga batandukanye bari ku
Doctissimo.fr.
ivuga ko Tungurusumu ifite ubushobozi bwo kurwanya inzoka zo mu nda
n’indwara z’imitsi ndetse igatuma umutima utera neza bitewe n’uko
itunganya amaraso. Tungurusumu yorohereza amaraso mu rugendo rwayo igihe
azerera mu mubiri, ikabuza umuvuduko urenze urugero rw’amaraso
Tungurusumu ibarirwa mu biribwa bishinzwe gutunganya no kuvura imitsi
minini. Ishinzwe gukiza no kurinda abana ibibi bitagira ingano.

Tungurusumu
itera abantu kurama, kandi abantu bakunze kuyikoresha muri gahunda yabo
yo gutegura amafunguro yabo ntibakunze kwegerwa n’indwara za kanseri.
Tungurusumu kandi igabanya umuvuduko w’amaraso bityo ikavura ibibazo byo
gutera gukabije k’umutima. Iyo amaraso agenda buhoro cyane tungurusumu
iyongerera umuvuduko, ibyo bigakiza indwara yo guhorana ubwoba bwinshi
no guhorana kwikanga. Nicyo gituma yitwa inshuti z’inzira z’amaraso.
Irinda kandi uguturika kw’imitsi y’umutima bikunze gutera urupfu ruterwa
no guhagarara k’umutima.

Si ibyo gusa kuko inarinda amaraso
kwiremamo ibibumbe. Nicyo gituma ivura neza imitsi yipfundikanya,
ibiturugunyu n’ukuziba kw’imitsi ijyana amaraso ari nako. igabanya
ibinure mu mubiri. Igabanya isukari nyinshi mu mubiri bigatuma ibarirwa
mu rutonde rw’ibirwanya indwara ya diyabete. Irinda abantu indwara
z’impiswi n’indwara zo mu mara. Tungurusumu irinda indwara yo kuribwa mu
ruhago kandi irwanya impumuro mbi mu myanya ndaga gitsina.

Tungurusumu
ifite byinshi ifasha ku mubiri w’umuntu, ariko birabujijwe gukoresha
tungurusumu mbisi nyinshi mu gihe uri kuva amaraso menshi yaba aturutse
mu gukomereka gutewe n’impanuka cyangwa se ku gisebe gisanzwe cyangwa
se akomoka mu mihango y’abagore. Si byiza kandi gukoresha cyane
tungurusumu ku mugore utwite.

source: umuganga.com

Ibitekerezo (1)

Claude

16-05-2013    15:06

Njye pfite ubuhamya kuko nahoraga ndibwa mimitsi maze kuyirya ubu meze neza ndumva meze neza

Tanga igitekerezo

Amategeko n'amabwiriza arakurikizwa

Haba hari icyemezo ufashe nyuma y'ubu butumwa ?