Nuramuka ubonye ibimenyetso bikurikira uzihutire kugana kwa muganga
Ibimenyetso 5 utagomba kwirengagiza Ibimenyetso bimwe na bimwe, nko...
Ngo ko kureba filime ziteye ubwoba zazindi zirimo ibintu bihabya umutima w’ubireba nka za ku buryo aba yenda kwiruka ngo bigira ingaruka zikomeye ku buzima bw’umuntu
Amakuru dukesha ikinyamakuru sciencepost.fr avuga ko bamwe mu bahanga bo muri kaminuza ya Leiden bemeza ko kureba filimi ziteye ubwoba bituma amaraso yegerana akavura bityo ntabashe gutembera neza mu mubiri kuko aba yafatanye, iyo amaraso adatembera neza umubiri nawo uba uguwe nabi ku buryo bufatika ndetse umuntu ashobora kuba yahasiga ubuzima
Filimi ziteye ubwoba ngo zituma umuntu atabasha gusinzira neza bitewe n’uko ibyo aba yabonye bimutera ubwoba bikamubuza gusinzira ndetse yaba agizengo arasinziriye agakanguka kenshi gashoboka ashikagurika bityo umutima we ukagubwa nabi
Ikindi ngo hari nubwo abareba izi filimi zishobora kubibutsa bimwe mu bihe banyuzemo bigatuma basa n’abasubiye muri ibyo bihe bityo ntibabashe gutuza
Kureba izi filimi ziteye ubwoba ngo bituma umuntu ahindura imyitwarire akaba umuntu mubi ukurikije ibyo aba yabonye, akaba icyigomeke, agahinduka umugome kubera ibyo aba yabonye muri filimi iteye ubwoba
Ibi ngo bikunda kuba ku bantu bazwiho guhinduka vuba kuko niba babonye umuntu wica abantu benshi kandi ntibigire icyo bimutwara, ashobora guhindura imyitwarire na we akumva ko kwica ari ibintu bisanzwe ntabe akigira amarangamutima muri we, mbese kubona umuntu ubabaye ntibibe bikimuteye ikibazo
Aha rero ni naho hakuriramo indwara yitwa trouble de la personnalite mu ndimi z’amahanga cyangwa se indwara yo gushimishwa no kwica cyangwa yo kwishimira umubabaro w’abandi
Mu rwego rwo kwirinda indwara z’umutima za hato na hato ndetse no kwirinda kugira ubwoba no gushikagurika si byiza na gato kureba izi filime kuko zituma ubuzima bw’abazireba bujya mu kaga
Src: Sciencepost.fr
Ibimenyetso 5 utagomba kwirengagiza Ibimenyetso bimwe na bimwe, nko...
Impyiko ni rumwe mu rugingo rw’ibanze ku mubiri w’umuntu, zifite umumaro wo...
Abana nka bamwe mu bakeneye kwitabwaho cyane, by’umwihariko guhabwa ibiribwa...
Isombe ni imboga ziva mu bibabi by’imyumbati, bigifite itoto, uburyohe bwayo...
Ibitekerezo (0)