Menya neza ibiranga umugore mwiza n’umugore mubi, usobanukirwe n’ ubwiza bw’umugore ubwari bwo!
Burya umugore ni we rufunguzo rw’umubano, mu bavandimwe n’abaturanyi. N’ubwo...
Dukenera kurya kugirango tugire ubuzima bwiza. Ariko kumenya icyo tugomba kurya n´igihe gikwiriye ni ngenzi cyane, kuko ibyo turya bifitanye isano n´imiterere y´ubuzima dufite.
Ifunguro rishobora kukubera ryiza nijoro, rishobora kwangiza ubuzima bwawe mu gihe urifashe mu gitondo n’ibindi nk´ibyo. Abantu bamwe bazi neza ko gufata ifunguro rya mu gitondo (breakfast) ari ingenzi, mu buzima, ariko hari n´abandi batazi bimwe mu biribwa bishobora kwangiza ubuzima iyo babifashe nta kindi kintu babanje kurya.
Dore amoko y´ibiribwa udakwiye kurya nta kintu kiri mu gifu:
1. icyayi (tea) cyangwa ikawa (coffee).
Abantu bamwe bafite akamenyero ko gutangiza umunsi wabo igikombe cy´ icyayi cyangwa ikawa. Ariko aka kamenyero ni kabi, ukwiye gutangira umunsi wawe unywa igikombe cy´amazi. Kunywa ikawa mu gifu harimo ubusa byongera hydraulic acid iyi aside iyo ibaye nyinshi mu mubiri ibangamira urwungano ngogozi
2. Inyanya
Inyanya ni nziza mu buzima kuko zifasha mu ikorwa ry´abasirikare mu maraso. Ariko kuzirya nta kindi kintu urarya bishobora kugira ingaruka mbi ku buzima bwawe. Inyanya zifite acide nyinshi iyo uzibanje mu gifu zongera acide ikaba yaba nyinshi mu gifu. Byaba byiza rero inyanya uzivanze n´ibindi biribwa cyangwa ukazirya nyuma yo gufata ifunguro ryawe.
3. Ibinyobwa birimo carbone (Carbonated Drinks)
Urugero: coca cola, soda, ibinyobwa byongera imbaraga (energy drink)
Ibi binyobwa muri rusange ni bibibi ku buzima. Kubifata mu gitondo nta kindi kintu urashyira mu gifu,byangiza amara.
4. Ibihaza
Ibihaza ni byiza cyane kubirya bituma ubuzima bugubwa neza.ariko kubibanza mu gifu nta kindi wabanje kurya ntabwo ari byiza kuko bitera uburwayi bw´igifu.
5 umugati
Benshi muri twe umugati tuwufata nk´ifunguro rya mu gitondo. Ariko ni akamenyero kabi. Hamwe n´ibindi biribwa bifitanye isano n´imigati si byiza kubibanza mu gifu kuko biba bigizwe n´icyo twita yeast yangiza urwungano ngogozi rukananirwa gukora neza akazi rushinzwe.
6. icunga (orange)
Benshi bakunze gufatata urubuto rw´icunga cyangwa umutobe warwo mu gitondo ariko ntibikwiriye ko arirwo umuntu yabanza kurya kuko rwangiza mu muhogo kandi tuzi ko umuhogo ari imwe mu nzira y´ibiryo.
Kugira ngo turusheho kugira ubuzima bwiza, birakwiye ko tumenya amoko atandukanye y´ibiribwa n´igihe gikwiye cyo kuyafata kugirango tutavaho twangiza ubuzima bwacu kandi amagara yacu nibwo bukungu ndetse araseseka ntayorwa.
Source: www .Fab.Zania.com
Burya umugore ni we rufunguzo rw’umubano, mu bavandimwe n’abaturanyi. N’ubwo...
“Umuntu niyibwira ko ari ikintu kandi ari nta cyo ari cyo, aba yibeshye....
« Ibintu 4 Yabesi yasabye Imana» 1 Ngoma 4:10 Yabesi yari afite igikomere...
Iyo tuvuze ijambo “umugisha” buri wese hari icyo ahita yumva kuko umugisha...
Ibitekerezo (1)
Emmy nkunda amahoro
15-02-2021 12:04
Murakoze muragahoraho.