Umuvugizi w’ Itorero rya Pentecote byavugwaga ko yahunze, yagarutse mu Rwanda.
Hashize igihe bivugwa ko umuvugizi w’ itorero rya Pentecote mu Rwanda ADEPR...
Korari yahoze yitwa ABATORANIJWE ni imwe mu makorali akorera umurimo w’Imana mu itorero rya ADEPR, umudugudu wa Murambi, Paruwasi ya Gatenga. Iyi korali imaze kumenyekana mu bikorwa bitandukanye kubera imiririmbire yayo igezweho n’ibicurangisho bihagije ku buryo benshi bemeza ko kugeza ubu ibarizwa mu makorali ahagaze neza muri iki gihe.
Agakiza.org imaze kumenya amakuru y’uko iyo korali yahinduye izina itacyitwa Abatoranijwe, twegereye Umuyobozi w’iyo korali Bwana NIZEYIMANA J.Paul atubwira ko ayo makuru ari impamo, ko bafashe icyemezo cyo guhindura izina aho kwitwa Abatoranijwe bagahitamo kwitwa Chorale ‘’Besalel’’ (bisobanurwa ngo “Mu gicucu cy’Ishoborabyose”).
Yagize ati “Ni byo koko, ayo makuru niyo twahinduye izina rya Korali yacu ntabwo icyitwa Abatoranijwe ahubwo yitwa ‘’Besalel,’’ bisobanurwa mu gicucu cy’Ishoborabyose.’’
N’ubwo guhindura iri zina byaturutse ku mpamvu nyinshi zitandukanye, imwe mu Korali Abatoranijwe yifuje guhindura iri zina ngo ni uko rifitwe n’amakorali menshi. Uyu muyobozi asobanura ko igitekerezo cyo guhindura izina cyaje bwa mbere mu mwaka w’2005, ubwo bajyaga gukora Album yabo ya mbere, ariko kikaba gishyizwe mu bikorwa mu mwaka w’2014.
Ku mpungenge z’uko bizabagora kubera ko izina bari basanganywe ryari rimaze kumenyekana, NIZEYIMANA J. Paul avuga ko bazamenyekanisha iri zina rishya bakorana n’itangazamakuru, bongera ibikorwa ndetse banasaba Imana kubashyigikira ngo izina rishya “Besalel’’ rimenyekane cyane ko bari batarakora Album y’amashusho.
Ku bijyanye n’icyo bagendeyeho bahitamo izina “Besalel,’’ kandi na ryo risanganywe amakorali amwe n’amwe, uyu muyobozi avuga ko uretse kuba barabisengeye basanze bigoye kubona izina bihariye bonyine. Nyuma rero yo gutora kw’abaririmbyi, hatoranijwe izina Besalel mu yandi menshi.
Korari Besalel (yahoze yitwa Abatoranijwe) yatangiye mu 1996 ifite abaririmbyi 14, ubu ikaba ifite abasaga 110. Ifite Album ebyiri z’amajwi, ubu ikaba irimo gutegura Album ya gatatu ikazahita ikora Album y’amashusho muri uyu mwaka wa 2014.
Hashize igihe bivugwa ko umuvugizi w’ itorero rya Pentecote mu Rwanda ADEPR...
Mu giterane cyiswe ‘Rwanda Shima Imana’ cyabaye kuri iki Cyumweru tariki ya...
Uwiringiyimana Theogene benshi bazi ku izina rya Bosebabireba kubera...
Mu bice bitatu byabanjirije iki, twabagejejeho ibirebana n’uruzinduko...
Ibitekerezo (1)
Nsanganiyingoma Protais
22-02-2014 04:54
Uwiteka Akomeze Abarinde. Usibye Kumenyekana Kwizina Ryabo Rya Besaleli,Namateka Yabo Arusheho Kubameza,Amenyekane Kandi Akomere, Ibyo Nibyo Mbifurije Kuko Nyikunda. Amahoro Yimana Abe Muri Besalelichair