Site under construction

Site under construction

Warning: a technical problem (SQL server) is preventing access to this part of the site. Thank you for your patience.

Nyarugenge : Abajyanama b’ubuzima bagiye(...)

Kwamamaza

agakiza

Nyarugenge : Abajyanama b’ubuzima bagiye gutangira kuvura indwara zoroheje


Yanditswe na: Ubwanditsi     2011-08-21 04:20:25


Nyarugenge : Abajyanama b’ubuzima bagiye gutangira kuvura indwara zoroheje

Ku bufatanye na MCHIP ( Mother Child Health Integrated Program), MINISANTE n’Ubuyobozi bw’ Akarere abajyanama 296 bo mu mirenge ya Nyamirambo, Kigali, Kanyinya na Mageragere mu Karere ka Nyarugenge bahawe amahugurwa agamije kubasobanurira Ubuvuzi bw’ ibanze bukomatanyije kubana bari hagati y’amezi abiri n’ imyaka 5.

Abo bajyanama b’Ubuzima bahuguriwe kuvura indwara zijyanye n’impiswi, umuriro wa Malariya, inkorora n’ibicurane bishobora kuvamo umusonga ndetse no gusuzuma imirire mibi ikunze kugaragara ku bana. Ibi bikaba bizafasha kugabanya impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu.

Madamu MUKARUSINE Cecile umukozi wa Minisiteri y’Ubuzima muri program yo kwita ku buzima bw’ umwana n’ Umubyeyi akaba yagaragaje ko ubu Minisiteri y’ Ubuzima igiye gushyira ingufu mu gufasha abo bajyanama b’ Ubuzima mu kubona ibikoresho by’ibanze kugirango bashobore kurangiza imirimo yabo kuko ubu bagiye kujya bavurira mu rugo.

Umuyobozi wungirije w'Akarere asoza amahugurwa y'abajyanama b'ubuzima

Bwana TWAGIRIMANA Keffa Umuyobozi wa Koperative y’Abajyanama b’ubuzima mu murenge wa Mageragere akaba yasabye abaturage kubafasha mu kurangiza neza akazi kabo babazanira abana bakimara gufatwa kugirango babasuzume hakiri kare ingamba zo kurwanya imfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu zibashe kugerwaho.

Bwana KALISA Pierre Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho myiza mu Karere ka Nyarugenge akaba yagaragaje ko abajyanama b’ubuzima bari basanzwe bakora umurimo wo gukangurira abaturage kujya kwa muganga ubu noneho bagiye no kujya bafasha mu gutanga ubuvuzi bw’ ibanze ibyo bikazafasha abaturage babana nabo umunsi ku munsi kuko bitazajya biba ngombwa ko abantu bajya kwa muganga kuko abo bajyanama b’ ubuzima bazashobora kuvura indwara zoroheje, kandi ko Akarere kazakomeza kubafasha kugera kunshingano zabo.

Inkuru n’amafoto tubikesha : SERUGENDO Jean de Dieu ushinzwe ICT/Nyarugenge

Ibitekerezo (0)

Tanga igitekerezo

Amategeko n'amabwiriza arakurikizwa

Haba hari icyemezo ufashe nyuma y'ubu butumwa ?