Menya ibitangaza Imana yakoreye Abanyamurenge (Igice ca mbere).
1). Umugabo witwa Sebukubo yakoreshejwe n’umwuka akoreshwa ikintu...
1). Umugabo witwa Sebukubo 
yakoreshejwe n’umwuka akoreshwa ikintu gitangaje kitazibagirana mu 
mateka y’Abanyamurenge no ku bandi bose bazacumva. Kubgo kuzura umwuka 
w’Imana, uyu mugabo yaragurutse ava ahitwa mu Bibangwa aca hejuru 
y’igishanga ca Rusizi agera mu Gitoga (nukuvuga ko yavuye ku musozi umwe
 akagurukira k’uwundi). Iyumvire nawe ubuhamya bge:
2).
 Abagabo babiri bitwa Kibubuta na Bizuru bigeze gufata ibishirira 
by’umuriro babyandikisha amandiko. Ikintu gitangaje nuko ibi bishirira 
bitabatwitse kandi nuko ibishirira byabashije kwandika nk’ikiramu.
3).
 Uwitwa Rugina yuzuye umwuka ari munsi y’inka ahaye ayikama arayirengeza
 ayigeza. Ikintu gitangaje nuko inka iremereye mu buryo butangaje ariko 
ayirengeza ari wenyine.
4). Abantu bagiye mu butayu gusenga, 
bagezeyo barakayura kuko nta muriro bari bafite. Bagiye kubona babona 
umuriro w’ikombe uraje aho bari barota bashira imbeho. Imbeho imaze 
gushira, wa muriro babura aho ugiye. Ikintu gitangaje nuko batabashije 
no kubona aho iryo kombe ryari riri, yewe ntibabonye n’ikara cangwa 
urwavumba rwo mu ziko.
5). Igitondo kimwe umu pasiteri witwa 
Kamburishi yahuye inka nkuko bisanzwe. Ageze ahantu arapfukama atangira 
gusenga burira buraca, burongera burira buraca. Mbese yahamaze amanywa 
abiri n’amajoro abiri. Ikintu gitangaje nuko uyu mukozi w’Imana 
atabashije kumenya uko byamugendeye mu gihe murugo iwe bamushakaga 
babajwe nuko batazi irengero rye. Yahumuye amaso arangije gusenga agira 
ngo haracari muri ca gitondo yahuyemo inka.
6). Mu mwaka wa 
1996, uwari umuyobuzi wa Kivu y’amaj’epfo yategetse ko Abanyamurenge 
bose muri Congo bicwa ndetse n’ibyabo bikanyagwa. Ibi ntiyabashije 
kubigeraho yuko Imana yakoze igitangaza gikomeye ubgo yoherezaga ingabo 
zari zivuye mu mahanga ziratabara.
7). Umubyeyi Mama Domitila 
Nyabibone yagiye mw’iyerekwa ubgo bari mu butayu basenga n’abandi. Amaze
 kuja mw’iyerekwa yaratinze yuko yamazeyo iminsi ine yose. Imana itegeka
 abari kumwe nawe kudahamba umubiri we ahubgo ko bagomba kuwubika neza 
yuko nyirawo azagaruka. Ibi byabaye igitangaza gikomeye yuko umubiri 
wari watangiye kunuka. Umunsi ugeze nyirawo yaragarutse awusubiramo. Ubu
 twandika iyi nkuru, Mama Domitila ariho n’umukozi w’Imana mu gihugu ca 
Canada.
8). Guhera mu mwaka wa 1959 kugeza mu 1972, Mariamu 
Kinyamarura yayimaze ataja mu bgiherero abishobojwe n’Imana. Guhera mu 
mwaka wa 1972 kugeza yitabye Imana mu 1996, uyu mubyeyi Imana 
yamwongereye kutarya, kutanywa, kutiyuhagira, kudahindura ihuzu. 
Tubibutse ko ibi byose nyiri bgite yabisabye Imana nyuma yo kumugara 
bikomeye. Yabonaga ko arusha umugabo we cane ahitamo gusaba ibi tuvuze 
haruguru.
9). Mu ntambara ya Mureure, Abanyamurenge baratewe kuri
 Kirumba. Abagabo barafashwe baricwa. Kubera ko aba bantu bishwe bari mu
 bubyuke butangaje, ndetse bivugwa ko umu pasiteri wari ubarimo 
yisabiye kuraswa mu gihe abandi bicwaga urw’agashinyaguro. Ijuru 
ryagaragaje ko ryishimiye kubakira maze humvikana ingoma mu kirere. 
Abenshi mu bantu bari baherereye muri kariya karere ico gihe 
barabihamya.
10). Umubyeyi witwaga Mutesi yahoraga avuga ko 
hariho indirimbo azabona ko izamuviramo igare (azatuma azamurwa). Umunsi
 umwe ahitwa i Mirimba, bataramye ahantu, baririmba ya ndirimbo. Hashize
 umwanya baririmba iyo ndirimbo, Mutesi ahita acikana umwuka urashira 
yitaba Imana ako kanya.
Imana y’Abanyamurenge iragahora ku ngoma!
Tuzakomeza tubagezaho ibindi bitangaza mu makuru yacu y’ubutaha.
source: imurenge.com
1). Umugabo witwa Sebukubo yakoreshejwe n’umwuka akoreshwa ikintu...
Nitwa Habyarimana Desire ndi umugabo wubatse urugo hamwe na Kiyange Adda-...
Angelica Zambrano wo mu gihugu ca Ecuador igihugu
Catherine Booth ni umukobwa w’imfura wa William Booth (washinze itorero...
Ibitekerezo (37)
26-09-2011 07:04
MUTUGEZEHO NIBINDI TURABAKUNDA
Angelique
21-09-2011 12:41
muzogire bwangu
ester
20-09-2011 04:43
yemwe ndatangaye cane kdi biranejeje nongeye kwibutswa ko ibasha gukora ibiruta cyane ibyo twibwira nibyo dutekereza ariko nkibaza na none kuki ibi bitangaza bitagikoreka muri ki gihe haburiki ku bantu bahawe izi mpano abazabishobora muzansubize
munezero jacqueline
17-09-2011 14:21
ububutumwa buradufasha bukandusubizamo imbaraga.gusa nkumbuye gusirimba nanjye .kuko mbiheruka nkiraho mugihugu kiwacu.mu rwanda,none ahondi gusirimba ntiwabibona.gusa najejwe nubwo butumwa bwabantu butandukanye burafasha.amen!! murakoze .yesu akomeze kubaha umugisha mubyo mukora byose nokubashoboza mumurimo wayo.
bagambanyi donatille
16-09-2011 16:25
nkunda abanyamurenge bubaha imana nkunda cyane uburyo bahimbaza imana namye nifuza cyane kubona indirimbo zigisirimba ariko nabuze aho nazikura
bagambanyi donatille
16-09-2011 16:22
nitwa donatille bakunda kunyita maman vanessa ndi i lyon muri france nshimye imana cyane kubwimirimo ikomeye yakoze n’uburyo igihe cyose yagiye yiyereka abayishatse, byukuri nongeye gusubizwamo imbaraga kuko imana yacu ni inyamaboko ,kandi iyabanye nabatubanjirije niyo yabanye n’abanyamurenge kandi niyo dukorerea haleluya
Paji: 1 | 2 | 3 | 4