Ni kuki atari ubushake bw’Imana ko tuba abakene?
Ndifuza mbere na mbere kukubwira ko atari ubushake bw’Imana ko ukena. Ibyo...
Iterambere mw’ikoranabuhanga rirakataje, birafasha kandi birakenewe cyane. Muri minisiteri yacu y’ivugabutumwa nk’abapasitori n’aba misioneri, tugendagenda mw’isi mu bihugu bitandukanye, dushobora gukomeza kuganira n’abacu twasize mu rugo ! « J’aime, j’aime, j’aime... », ku mbuga za internet zitandukanye.
Tubifashijwemo na internet”,, mudasobwa, telephone, mushobora gusoma message nohereje aka kanya.
Biranezeza cyane iyo mu gihe umwigisha ari kwigisha asaba abakristu kuzamura Bibiriya zabo, ubona mu bazamuye bibiliya harimo abazamura telephone zabo ( mu bihugu by’iburayi).
Abakristo bagize neza mu gushora imari yabo mw’ikoranabuhanga, igikoresho cyiza cyane kugira ngo bagure ubwami bw’Imana..
Ariko ntitwirare, hari akaga kari muri iryo terambere, kandi ntitugomba gusinzira kubwo kwirara kwacu.
Hariho imbuga zashyizweho, intego yazo ari imwe gusa, ari ukugira ngo ingo zisenyuke.Murabyumva cyane ko ntashatse kuvuga amazina y’izo mbuga. Umwe mu bafite izo mbuga zikunzwe cyane yemeza ko afite abakunzi b’urubuga miliyoni 14 baturuka mu bihugu 22 bitandukanye. Na none,imibare y’abanyamerika bo mu majyaruguru irabigaragaza. Divorse 1 kuri 5 iterwa n’uguhemukirana kw’abashakanye ibera kuri internet.Icyo ni icya mbere.
Icya 2, ubushakashatsi bwakozwe kw’iterambere ry’ikoreshwa rya internet ryagaragaje ibi bikurikira :
• Mu mwaka w’2000, twamaraga amasaha 2,7 mu cyumweru dukoresha internet, noneho mu wa 2010, amasaha 18 buri cyumeru.
• Mu wa 2000, hari imbuga (blog) 12 000 zakoraga gusa naho muwa 2010 hari abantu miliyoni 141 baganiriraga ku mbuga (blog) zabo bwite.
• Mu w’2000, nta rubuga rwari ruhari abantu bahuriragaho ari benshi. Naho mu w’2010, miliyoni 600 bashobora guhurira ku rubuga rumwe.
Ntitwibeshye, ijambo ry’Imana riraduha impuguro zadufasha kumenya uko twitwara imbere y’iryo terambere rimeze rityo..
Matayo 5 : 27-29 : “Mwumvise ko byavuzwe ngo :ntugasambane.Jyeweho ndababwira yuko umuntu wese ureba umugore akamwifuza, aba amaze gusambana nawe mu mutima we.Ijisho ryawe ry’iburyo nirigushuka rikakugusha, urinogore urite kure. Ibyiza n’uko wapfa ijisho rimwe, biruta ko umubiri wawe wose wajugunywa muri Gehinomu. »
Efeso 5 :3-5 “...Ariko gusambana n’ibyonona byose no kurarikira ntibikavugwe rwose muri mwe nkuko bikwiriye abera, cyangwa ibiteye isoni, cyangwa amagambo y ‘ubupfu, cyangwa amashyengo mabi kuko ibyo bidakwiriye ahubwo mushime Imana. Kuko ibyo mubizi neza yuko ari nta musambanyi cyangwa ukora ibyonona cyangwa urarikira, ariwe usenga ibigirwamana, ufite ibyo azaragwa mu bwami bwa Kristo n’Imana ».
Twe kumera nk’abatareba ingaruka zishobora guturuka kuri izo « écran », ahubwo dufate ingamba zo kurinda « couple » cyangwa ingo zacu.
Dore ibitekerezo bimwe na bimwe twabagiraho inama : kuganira hagati yanyu nk’abashakanye hanyuma mukaba mwabigeza no ku bandi ndetse no ku ntama umwami yabahaye kuyobora.
• Ikoreshwa rya internet rigomba kuganirwaho hagati y’abashakanye nyuma bikabera mu muryango.. Ni ibihe mwahitamo ? byabera ahagana he ? umwanya ungana iki ? Mbese habaho connection ya za ordinateri hagati yabo ? byashoboka ko habaho kureba kuri ordinateur y’undi ? cyangwa umuntu akaba yareba kuri ordinateri ya buri muntu wese muri famille ? Mbese habaho gusangira mot de passe ?
• Irinde kwongera kugirana ubucuti kuri internet n’abantu mwigeze kugirana ubucuti bwa kera bwa fiancaille utari wubaka urugo rwawe.
• Nta kigomba kubikwa nk’ibanga ku bintu ukorera kuri internet.
• Menya amagambo ukoresha mu gihe uri kuganira n’bandi kuri internet. Biba bishoboka ko umuntu yakwandika ibintu byose nkuko bije muri we, bitewe n’uko ari kwiyumva muri ako kanya…..ariko inyandiko zirasigara.
• Ntukavuge nabi uwo mubana umubwira ab’iwanyu, ahubwo gerageza kumuvuga neza cyane iyo muri kubivugira ahantu nkaho.
• Genzura uburyo bwo kwinjiranamo buba hagati yawe n’uwo muvugana mu gihe muri kuganirira kuri internet. Nta kintu na kimwe kijyanye no kukwubahuka ukwiye kwihanganira. Ibintu byo kuvuga ngo « kwari ukwiganirira » ntibizatinda kukuroha mu manga.
• Ntugereranye uwo mwashakanye n’abo bantu mubonana akanya gato muhuriye kuri internet…………ubuzima bw’ukuri bufite icyerekezo buri kuri uwo uri bugufi bwawe. Shyira imbaraga mu kwubaka ubuzima hamwe n’uwo mwasezeranye kuzabana akaramata, kuko ubwo buzima aribwo bw’ukuri.
• Mube intwari, mwe gusinzira, ngo mugwe mu mutego w’umwanzi w’ubugingo bwanyu, ahubwo mwiringire umukiza niwe uzabarinda gusitara. Zaburi 116 : 8 .
Inkuru yakuwe ku rubuga Topchretien.com, yanditswe na Rachel Dufour “L’envers de l’écran », ishyirwa mu kinyarwanda na Kiyange Adda-Darlene.
Ndifuza mbere na mbere kukubwira ko atari ubushake bw’Imana ko ukena. Ibyo...
Chsristina Shusho yabanje gukubura urusengero, akabikora abukinze cyane...
kanaga ubwambuJoyce Ann Burton wabayeho miss philipine muri 1985 yishimye...
Iterambere mw’ikoranabuhanga rirakataje, birafasha kandi birakenewe cyane....
Ibitekerezo (1)
NZOHABONAYO Félicité
12-11-2012 04:31
Nta kuntu mwoza kugirisha igikorane abubatse ino iwacu batazi ibi mutubwiye?
Mwoba mukoze sana;
Félicité