Biyobowe n’umuryango Dothan, urubyiruko ruzajya rugira igihe cyo gushima Imana hanatangwe ubutumwa bw’amahoro-ubumwe n’ubwiyunge.
Nk’uko twabitangarijwe n’Umuyobozi w’Umuryango w’Ivugabutumwa ry’Ububyutse...
Dusome Abaroma 5:12 “Kuko bimeze bityo, nk’uko ibyaha byazanywe mu isi n’umuntu umwe, urupfu rukazanwa n’ibyaha, ni ko urupfu rugera ku bantu bose kuko bose bakoze ibyaha. 15Icyakora uhereye kuri Adamu ukageza kuri Mose, urupfu rwatwaraga ndetse n’abatakoze ibyaha bihwanye n’igicumuro cya Adamu, wasuraga uwajyaga kuzaza.16Iherezo ry’ubwo buntu ntirigira isano n’iry’icyaha cy’uwo muntu umwe, kuko iherezo ry’icyo cyaha ryari iryo gucirwa ho iteka, naho iherezo ry’iyo mpano y’ubuntu yatanzwe ku bw’ibicumuro byinshi n’ugutsindishirizwa.
Pawulo yandikiye abaroma abibutsa icyo ijambo ry’Imana risobanura ku gucumura kw’umuntu, bikaba byuzuzanya n’iby dusanga mu itangiriro 2:15-17, 3:1-6. Ubundi muri Gahunda y’Imana harimo kubeshako umuntu ubuzima buhoraho adapfa, Ariko nyuma yo Gushukwa na Satani wigaragaje mu ishusho y’inzoka,Umuntu ashidikanya ku rukundo rw’Imana, Ashidikanya kwera kwayo Bibaviramo kwirukanwa muri ya ngobyi ya Eden, kuva icyo gihe ababakomokaho batangiye kugerwaho n’ingaruka z’icyaha, Gusa n’ubwo bahinyuye urukundo rw’Imana ( Imana yo ntiyabajugunye ) Ahubwo urukundo rwayo rwatumye hameneka amaraso y’itungo kugirango bahishe ubwambure bwabo, Uwiteka Imana iremera Adamu n’umugore we imyambaro y’impu, irayibambika. Byarashobokaga ko Imana ibaha amakoma cg ibibabi by’ibiti bakambara ( kuko ishobora byose) usome itangiriro 3:21 .
Iyo ukomeje gusoma Imbere mu balewi 1, 3, 4, 16 usanga amaraso y’imyamaswa noneho yaragizwe Irembo rituma bababarirwa ibyaha, aya maraso yakomezaga gushushanya Imbabazi z’Imana yagombaga gutanga inyuze mu maraso ya kristo Yesu, kuko icyo gihe n’ubwo buri wese yacumuraga, ariko Ntago ari buri wese wabaga yemerewe gusaba Imana imbabazi. Ibyaha byakomeje kwirundanya ndetse ari nako bibakururira urupfu, Abatambaga ibitambo batejejwe barahagwaga, hari abo isi yasamye iramira n’ibindi, Uko ibyaha bigwira imbabazi z’Imana zikomeza kuba nyinshi kugeza ubwo zasabye (zarenze) itanga Yesu ngo Umwizera wese ye kuzarimbuka ahubwo akurwe mu bubata cg mu bucakara- cg mu buja bw’ibyaha (Yoh 3:16.)
Impinduka amaraso ya Yesu yazanye kuri twe
Uwo munsi Yesu amaze kudupfira, Umwenda wakingirizaga ahera h’ahera watumaga bategera Imana kubw’ibyaha itabukamo kabiri (Luka 23:45), Pawulo yandikiye Abaroma 3:21 -22 avuga kuri izi mbaraga z’amaraso ya Yesu ati “Ariko noneho hariho gukiranuka kw’Imana kwahishuwe kudaheshwa n’amategeko, nubwo amategeko n’ibyahanuwe ari byo biguhamya, ni ko gukiranuka kw’Imana abizeye bose baheshwa no kwizera Yesu Kristo ari nta tandukaniro, kuko bose bakoze ibyaha, ntibashyikira ubwiza bw’Imana, 24ahubwo batsindishirizwa n’ubuntu bwayo ibibahereye ubusa, ku bwo gucungurwa kubonerwa muri Yesu Kristo. 25Ni we Imana yashyizeho kuba impongano y’uwizera amaraso ye, kugira ngo yerekane gukiranuka kwayo kwayiteye kwirengagiza ibyaha byakozwe mbere y’icyo gihe, ubwo Imana yabyihanganiraga.
Bibiliya igaragaza umurimo ukomeye Yesu yakoze kuko yatwunze n’Imana. Imbere yayo twari ikizira, Kuko Imana ari iYera, kandi twe twarahindutse icyaha kubwa kamere Ntitwari kuyihinguka imbere. Niho rero twahereye dusoma (Rom 5: 16) Iherezo ry’ubwo buntu ntirigira isano n’iry’icyaha cy’uwo muntu umwe, kuko iherezo ry’icyo cyaha ryari iryo gucirwa ho iteka, naho iherezo ry’iyo mpano y’ubuntu yatanzwe ku bw’ibicumuro byinshi n’ugutsindishirizwa, 19.Kandi nk’uko kutumvira Imana k’umuntu umwe kwateye ko abenshi baba abanyabyaha, ni ko no kutyumvira k’umwe kuzatera ko abenshi baba abakiranutsi.
Aha hantu iyo benshi mubatarizera bahageze, biruhutsa umutima Bati twarabatuwe, Yesu yabirangirije i Gologota, kuri ubu ntacyo tubujijwe, ndetse nta kindi dusabwa! Nyamara Iyo ukomeje ugasoma Abaroma 6:12-13 Pawulo yakomeje asobanura Ati: Ubuntu ntibuduhesha uburenganzira bwo gukora icyaha, Nuko tuvuge iki? Tugumye gukora ibyaha ngo ubuntu busage?
Ntibikabeho! Mbese twebwe abapfuye ku byaha, twakomeza kuramira muri byo dute? Noneho ntimukimike ibyaha mu mibiri yanyu izapfa, ngo mwumvire ibyo irarikira. Kandi ntimuhe ibyaha ingingo zanyu kuba intwaro zo gukiranirwa, ahubwo mwitange mwihe Imana nk’abazuke, n’ingingo zanyu muzihe Imana kuba intwaro zo gukiranuka, 15Nuko tugire dute? Mbese dukore ibyaha kuko tudatwarwa n’amategeko, ahubwo dutwarwa n’ubuntu? Ntibikabeho! 16Ntimuzi yuko uwo mwihaye kuba imbata zo kumwumvira, muri imbata z’uwo m wumvira uwo, imbata z’ibyaha bizana urupfu, cyangwa izo kumvira Imana kuzana gukiranuka?
Umurimo Yesu Yakoze watubatuye mu rupfu, Utwinjiza mu mbabazi, wadukuye mu bwoba utwinjiza mu mahoro, ariko na none kuzuka kwa Yesu ntago kwigeze kwica Satani. Satani aracyakora kandi nta kindi kimugenza uretse Kwica, Kwiba no Kwambura, bityo inkuru zikubwira ko Satani atagikora izo ni ibinyoma, ntago ari ukuri kw’ijambo ry’Imana, Inkuru zikubwira ko Kwibera cyangwa kwiturira mu byaha nta kibazo kuko Yesu Yahindutse ibyaha ku bwacu Sibyo kuko Sicyo Bibiriya ivuga. Amaraso ya Yesu yaduhuje n’Imana nk’uko twabivuze, ntago twari twemerewe kwegera Imana kubw’ibyaha byacu, ndetse benshi barahagwaga (Urugero Abana ba Aroni : Nadabu na Abibu Abalewi 10), Ariko ubu iyo uje imbere y’Imana ntabwo uhagwa ahubwo urahakirira, kuko mbere yo kubona ko wandujwe n’ibyaha ibona Yesu mu kigwi cyawe, Ikakugirira ibambe.
Ngana ku musozo ndagirango nongere mbabwire Benedata, Ntabwo ubuntu twagiriwe buduhesha uburenganzira bwo gutura mu byaha. 1Yohana 1: 6-9 Nituvuga yuko dufatanije na yo tukagendera mu mwijima, tuba tubeshye tudakurikiza ukuri, ariko rero iyo tugendeye mu mucyo nk’uko na yo iri mu mucyo, tuba dufatanije ubwacu kandi amaraso ya Yesu Umwana wayo atwezaho ibyaha byose, nituvuga yuko ari nta cyaha dufite tuba twishutse, ukuri kuba kutari muri twe. Ariko nitwatura ibyaha byacu, ni yo yo kwizerwa kandi ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu no kutwezaho gukiranirwa kose, Umwuka ushaka Kudukumbuza gusubira mu byaha ntago uva ku mana Oya ni uwa Satani.
Nta kindi kizadufasha kubatsinda uretse: Kumenya/ Kumva/ Kwiga ijambo ry’Imana, Kwizera Yesu, Gukizwa neza, Gusenga ubudasiba, Kwatura ibyaha byacu no Gusenga Twiyiriza ubusa. Ernest RUTAGUNGIRA
Nk’uko twabitangarijwe n’Umuyobozi w’Umuryango w’Ivugabutumwa ry’Ububyutse...
Hari ingeso zimwe na zimwe abagore bagira nyuma yo kurongorwa zigatuma...
Dusome Abaroma 5:12 “Kuko bimeze bityo, nk’uko ibyaha byazanywe mu isi...
Zakariya 4: 6-7 Aransubiza ati “Ijambo Uwiteka atumye kuri Zerubabeli ngiri...
Ibitekerezo (0)