
Buri mwaka inda ibihumbi 60 nizo zikurwamo mu Rwanda
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima n’Ikigo cy’
Nk’uko tubikesha urubuga rwa bbc, ngo igituma umubare utari muto w’abagabo uzana uruhara cyamaze kuboneka, ibi bituma hatekerezwa ku buryo ndetse uruhara rushobora no kuba rwazavurwa.
Mu bushakashatsi bwakozwe ku bagabo bafite uruhara ndetse no ku mbeba zikoreshwa muri laboratwari, umushakashatsi w’Umunyamerika yavumbuye poroteyine ituma umuntu atakaza umusatsi. Kuri ubu kandi imiti irwanya iyo proteine yatangiye gukorwa nk’uko byatangajwe mu kanyamakuru kitwa Science Translational Medicine. Ubu bushakashatsi bushobora kuzatuma haboneka amavuta avura uruhara.
Abagabo benshi batangira kuzana uruhara bageze mu myaka yabo yo hagati, naho abagera kuri 80 ku ijana baba baratakaje imwe mu misatsi yabo ku myaka 70.
Umusemburo w’abagabo wa tesitesiterone nawo ngo waba ubifitemo uruhare rutari ruto, kimwe n’uturemangingo tw’umubiri. Byombi bituma uduce tw’umubiri dukuriramo umusatsi (hair follicles) tuba dutoya ku buryo ndetse tutanagaragara, maze uruhara rukaba ruragaragaye.
Kuri ubu abashakashatsi aimg142|centebo muri iniversite ya Pennsylvania bize kuri utu tunyabugingo (genes) dutuma umuntu atangira kuzana uruhara maze basanga ko poroteyine yitwa Prostaglandin D synthase ari nyinshi mu turemangingo (cells) tugize uduce umusatsi ukuriramo turi ahatangiye kuzana uruhara, nyamara ariko iyi poroteyine ntiyiyongera mu duce tuba tugifite umusatsi.
Imbeba zorowe ku buryo zigiramo iyi poroteyine ku kigero cyo hejuru nta bwoya zigeze zimera, mu gihe abantu bari baratewe umusatsi (transplanted human hairs), umusatsi wabo wahagaritse gukura bahawe iriya poroteyine. Uwari uhagarariye ubu bushakashatsi Prof Gearges Cotsarelis wo mu gashami k’indwara z’uruhu yagize ati: “Twerekanye ko poroteyine yo mu bwoko bwa prostaglandine iri ku kigero cyo hejuru ku ruhu ruriho uruhara kandi ikaba ituma umusatsi udakura. Ati: “Rero iyo imiti izarwanya mu kuvura uruhara cyabonetse”.
Abashakashatsi batangaza ko ubu hari imiti myinshi iri mu igeragezwa, kandi ko hari ubushobozi bwo gukora umuti wasigwa ku mutwe ukarinda uruhara kandi ugafasha umusatsi kongera gukura.
Inkuru ya www.ubuzima.com
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima n’Ikigo cy’
Kenshi ukunze kubona abantu bagenda bifashe mu nda,
Bijya bibaho ko umugore ashobora kwishyiramo ko atwite ari byo mu rurimi...
Indwara ya anjine (angine) ifatwa nk’indwara yoroheje ariko ishobora gutera...
Ibitekerezo (0)