Mu giterane kiri kubera Kiramuruzi abarenga(...)

Mu giterane kiri kubera Kiramuruzi abarenga 155 bakiriye Yesu


Yanditswe na: Ubwanditsi     2014-01-12 05:32:34


Mu giterane kiri kubera Kiramuruzi abarenga 155 bakiriye Yesu

Kuri uyu wa gatandatu taliki ya11/01/2014 Kiramuruzi mu ntara y’ uburasirazuba ahahoze hitwa Umutara hatangiye igiterane cy’ iminsi 2 cyateguwe n’ itorero rya ADEPR Murambi akarere ka Gatsibo
Muri iki giterane hari amakorare arega atandatu n’abakristo benshi.

Hari kandi abatumirwa batandukanye aha twavuga nka Chorale Yerusalemu y’ abanyekongo bari mu nkambi ya Nyabiheke hamwe n’abayobozi babo. Hari kandi na Pasteur Desire Habyarimana n’ umugore we Kiyange Adda Darlene.

Igiterane cyatangiye kuwa 6 saa cyenda inyigisho zatangijwe na Madame Kiyange Adda- Darlene aho yigishije ko ibiri mu mutima w’ umupfapfa bizamenyekana Imigani 14:33 atanga urugero ko ibyari mu Gehazi nubwo yabanaga na Elisa byamenyekanye ko burya bwose Atari akijijwe nubwo yabanaga n’ umuhanuzi.

Hakurikiyeho Pasteur Desire aho yigishije urugendo rw’ Umukristo ko Yesu ari inzira n’ ukuri n’ ubugingo ati iyi nzira yitwa Yesu abantu bose bamwitirirwa bayirimo ariko abantu bakwiye kuyigendamo mu kuri kugira ngo bazabone ubugingo buhoraho. Yakomeje avuga ko abantu bakwiye guhinduka mu mitima yabo kuko kugendana na Yesu bikwiye kubanziriza kukwihana kugira ngo witwe umuntu w’ Imana.

Nyuma y’ inyigisho habonetse abantu barenga 90 bafashe icyemezo cyo guhindukirira Yesu.

Nyuma yo gusoza iteraniro rya mbere ahagana saa kumi n’ ebyiri hahise hatangira amahugurwa y’ababutse ingo. Aha Pst Desire yigishije abateraniye aho ishyingano za buri wese mu rugo aho Bibliya itegeka umugore kuganduka, umugabo ikamutegeka gukunda. Yakomeje ahugura buri wese kuzuza ishyingano ze atarebye kuri mugenzi we kuko urugo rwatangijwe n’ Imana ruzasozwa nayo. Nyuma yo kwakira ibibazo bitandukanye abenshi mu bubatse ingo basanze batuzuza inshyingano zabo bikazana amakimbirane barasengewe.

Umunsi wa 2

Kuri iki cyumweru igiterane kirakomeje aho cyitabiriwe kuburyo bushimishije kuko urusengero na none rwakubise ruruzura kandi amakorare yabukereye hari amakorare arenga 6 hamwe na Chorale Yerusalemu y’ abakongomani ikorera umurimo w’ Imana mu nkambi ya Nyabiheke.

Na none hakurikiyeho mwalimu Adda Darlene yigishije ati imfatiro zisenywe umukiranutsi yakora iki? Zaburi 11: 3 Yakomeje avuga ko nubwo ibyo twifuza kugeraho tutabigeraho ariko dufite urufatiro rudasenyuka arirwo Kristo 2 Timoteyo 2:19

Nyuma yakurikiyeho Pasteur Desire Habyarimana yakomeje inyigisho aho yasomye Ibyakozwe n’ intumwa 1;8 hagira hati icyakora muzahabwa imbaraga Umwuka wera nabamanukira muzaba abagabo bo kumpamya I Yerusalemu Yudaya, samaliya kugeza kumpera y’ isi
Yigishije ko imbaraga z’ Umwuka zifasha zifasha umuntu kwihanganira ibimugerageza kandi ko ikidutandukanya n’ abantu bandi ari Umwuka Wera twahawe. Yesu yashimye gutanga Umwuka wera ngo afashe abantu guhinduka.

Pasteur arangije kwigisha abagera kuri 65 bakijijwe hanasengerwa abarwayi n’abafite ibibazo bitandukanye. Hasengewe na none abakeneye imbaraga z’ Umwuka Wera.

Twabamenyesha ko iri Torero rya Murambi rigizwe n’ imidugudu 13 irimo abakristo bakabakaba 2600 bakaba bafite ibikorwa by’ iterambere aha twavuga nk’amashure yigiramo abana ba compassion international Rw 341 bakaba bitabwaho n’ iri torero abo bana bakabakaba 200.
Iri torero ryatoje abakristo baryo guterana inkunga ubu abishyize hamwe bahana amafranga ubu bageze ku bikorwa bifatika kuko bagiye kugura imodoka y’ ikamyo izajya ibinjiriza. Bafite n’ imodoka umushumba agendamo.

Ubusanzwe urebye abakristo ubona bakeye bafite urusengero rwiza n’ ibyuma bigezweho.
Inkuru mu mafoto:

Pst Desire yigisha ijambo ry’ Imana


Abarenga 90 bakiriye Yesu


mwalimu Kiyange Adda-Darlene

Chorale y’ Abanyeshure bakijijwe biga muri Isram

Chorale Yerusalemu y’abanyekongo

Abakijijwe kucyumweru barenga 65

Ibitekerezo (2)

Jonathan

12-01-2014    07:01

Yooo imana ibahe umugisha bavandi. Nakunze ibyo mwatwigishe, nkicyo Umukiranutsi ykora imfatiro zishenywe, kuba amaboko y’Imana atari magufi ngo abure gusohoza ibyo yavuze, kimwe no kugira imbaraga z’Umwuka wera

francois

12-01-2014    05:50

Imana yo mwijuru ibahe imigisha kuko guhindurira benshi mu gukiranuka

Tanga igitekerezo

Amategeko n'amabwiriza arakurikizwa

Haba hari icyemezo ufashe nyuma y'ubu butumwa ?