
Buri mwaka inda ibihumbi 60 nizo zikurwamo mu Rwanda
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima n’Ikigo cy’
Abantu basaga 500000 ku isi bapfa
bazize indwara ya tetanosi buri mwaka, iyi ndwara ikomeye cyane ikaba
iterwa n’agakoko kitwa Clostridium tetani cyangwa se Bacillus tetani,
Plectridium tetani, aka gakoko kakaba gakunda kwinjirira cyane ahantu
hari udusebe kakagenda kabyara utundi duto tugenda dukwira ahantu henshi
ku buryo tunagera hafi mu gice cyo hagati cy’ubwonko.
Gusa urukingo rw’iyi ndwara rumaze hafi imyaka 50 rukoreshwa rukaba ari n’itegeko kuruhesha umwana.
Iyi ndwara ikaba ikunda kwibasira cyane abantu bo mu bihugu bikiri mu
nzira y’Amajyambere akenshi bikaba biterwa n’uko ababyeyi batitabira
gukingiza abana inkingo zose uko bikwiye.
Abantu bose rero bafite ibisebe bishobora guhura n’itaka ku buryo
bworoshye baba bafite ibyago byo kwandura iyi ndwara, muri iyi minsi
yibasiye cyane ibihugu bigera kuri 20 byo ku mugabane w’Afurika ndetse
na Aziya mu gihe mu bihugu byateye imbere iyi ndwara igaragara gake
cyane akenshi ikibasira abantu bakuze uretse ko n’inyamaswa zishobora
kurwara iyi ndwara.
Iyi ndwara ikunda kugaragara ahantu isuku y’ibanze iba ikiri nke mu bahatuye cyane cyane mu nce z’ibyaro.
Agakoko gatera iyi ndwara gashobora kumara imyaka n’imyaka hanze kuko
gashobora no kwihanganira cyane ubushyuhe bwinshi, kandi kakaba
kanakunda kunanirwa n’imiti ikica.
Aka gakoko rero gakunda kuba mu gitaka,mu mukungugu, ibyuma byatoye
ingese,mu mwanda w’inyamaswa ndetse no hagati y’10 na 25% by’umwanda
w’abantu.
Iyi ndwara rero mu gihe ititondewe ishobora gutera ububabare ndetse
n’urupfu kuwayirwaye ; Leta y’u Rwanda rero mu rwego rwo gukumira
indwara nk’izi ikaba yarashyizeho gahunda yo gukingira abana bakivuka
zimwe mu ndwara harimo n’iyi ya tetanusi, banagenda kandi bazikingirwa
uko amezi agenda ashira.
source: igihe.com
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima n’Ikigo cy’
Kenshi ukunze kubona abantu bagenda bifashe mu nda,
Bijya bibaho ko umugore ashobora kwishyiramo ko atwite ari byo mu rurimi...
Indwara ya anjine (angine) ifatwa nk’indwara yoroheje ariko ishobora gutera...
Ibitekerezo (0)