U Budage: Abakristo 3,000 bateranijwe no(...)

U Budage: Abakristo 3,000 bateranijwe no gusengera umwaka wa 2014!


Yanditswe na: Ubwanditsi     2014-01-02 06:45:04


U Budage: Abakristo 3,000 bateranijwe no gusengera umwaka wa 2014!

Kuri uyu wa kabiri taliki 31/12/2013, Abakristo bagera kuri 3,000 bakomoka mu bihugu 50 bateraniye hamwe mu masengesho ryo gushyira umwaka wa 2014 mu biganza by’Imana! Aya masengesho amaze iminsi 5 (28/12-2/01) yabaye mu rwego rw’amasengesho ngarukamwaka (aba kabiri mu mwaka), ateguirwa n’ihuriro Mission-Net Congress.

Nk’uko bitangazwa na Jason Mandryk uyoboye aya masengesho, iyi concert y’amasengesho yiswe “The countdown to New Year” iba ifite intego yo gusengera ibihugu, byaba ibyo ku mugabane w’Uburayi ndetse no ku isi yose. Ibi yabitangarije ikinyamakuru The Christian Post kuri uyu wa Kabiri.

Mandryk yasobanuye iyi concert avuga ko "igizwe ahanini n’ibihugu byo ku mugabane w’Uburayi, aho hitabira Abakristo bahagarariye ibihugu 40 byo kuri uyu mugabane. Haba hari kandi abaturuka ku migabane y’Amerika, Afurika, Asia n’Uburasirazuba bwo Hagati (Middle East) ariko bavuka i Burayi.

Aya masengesho kuri arimo kubera mu gihugu cy’Ubudage ngo afite intego yo gukangurira urubyiruko rw’Abakristo bo ku mugabane w’u Burayi gushishikarira ubuzima bwa kimisiyoneri (missional lifestyle). Mandryk aratangaza ko nyuma y’aya masengesho yiswe ‘The countdown to the New Year,’ habaho concert yo kuramya no guhimbaza Imana amara ijoro ryose kugeza mu gitondo.

Kugira ngo bagere kuri iyi ntego, ngo bazanyura mu nzira ebyiri: "Guha imbaraga amahuriro asanzwe no kuzamura arimo kuvuka ubu (’Mission-Net movements’) ku rwego rw’igihugu no ku rw’akarere ku mugabane w’u Burayi”, no "Guhuriza urubyiruko rw’Abakristo mu gikorwa ‘Mission-Net’ kibera ku mugabane w’u Burayo ngo baterane imbaraga, kwigisha, amahugurwa n’ubukangurambaga."

The Christian Post

Ibitekerezo (0)

Tanga igitekerezo

Amategeko n'amabwiriza arakurikizwa

Haba hari icyemezo ufashe nyuma y'ubu butumwa ?