Umuvugizi w’ Itorero rya Pentecote byavugwaga ko yahunze, yagarutse mu Rwanda.
Hashize igihe bivugwa ko umuvugizi w’ itorero rya Pentecote mu Rwanda ADEPR...
Umuryango wa Gikristo World Vision ukorana bya hafi n’abihayimana mu bihugu bitandukanye byo kw’Isi mu bikorwa byo kwita ku bana b’imfubyi n’imbabare uherutse gutangaza ko bitarenze uyu wa mbere ugiye kwinjiza abakozi bashya mu ishami ryo mur’Amerika basaga 1100 kandi ko n’abatinganyi bemerewe ako kazi .
Nk’uko byanditswe n’ikinyamakuru Christianity Today,World Vision ivuga ko abo bakozi iri gushaka ari gukora ibijyanye no gukumira imibonano mpuzabitsina hagati y’umugabo n’umugore.
Iby’iyi nkuru byababaje cyane Franklin Graham umuhungu wa Bill Graham aho yavuze ko yikanze cyane gusa asobanura neza ko Bibiliya ibigaragaza neza ko ubukwe bwemewe ari ukubana k’umugabo n’umugore.
Mu magambo y’akababaro ya Franklin Graham yabwiye Bob Pierce washinze umuryango World Vision na Samaritan’s Purse ko gukorana bya hafi n’abatinganyi bigaragaza kubashyigikira mu byaha byabo. Franklin ati”Nshuti yanjye Bob,…Kuva mu isezerano rya Kera kugeza mu irishya,ibyanditswe byemeza kubana k’umugabo n’umugore,kubana gutandukanye n’ibyo ni icyaha,..’
Si Franklin Graham byabaje gusa ahubwo na Russell D. Moore uyobora umuryango ukomoka mu itorero ry’Ababatisita nawe yashavujwe n’icyo cyemezo.Moore yasabye World Vision ko ibabwiza ukuri ikigendererwa cy’uwo mwanzuro
Russell D Moore ati”Mutubwize ukuri,Mutubwire icyo mushaka gukora,mwe kuvuga ngo Imana yavuze,mutubwire niba ibyo mukoze bigamije kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Kristo n’ubumwe bw’itorero“
by isange.com
Hashize igihe bivugwa ko umuvugizi w’ itorero rya Pentecote mu Rwanda ADEPR...
Mu giterane cyiswe ‘Rwanda Shima Imana’ cyabaye kuri iki Cyumweru tariki ya...
Uwiringiyimana Theogene benshi bazi ku izina rya Bosebabireba kubera...
Mu bice bitatu byabanjirije iki, twabagejejeho ibirebana n’uruzinduko...
Ibitekerezo (0)