Ubushakashatsi: Ku isi yose abagore b’abakristu

Ubushakashatsi: Ku isi yose abagore b’abakristu barusha abagabo ukwizera n’ukwemera bihamye


Yanditswe na: Ubwanditsi     2016-04-20 04:01:05


Ubushakashatsi: Ku isi yose abagore b’abakristu barusha abagabo ukwizera n’ukwemera bihamye

Ubushakashatsi bwakorewe mu bihugu 192 byo mu isi yose bwagaragaje ko Abagore aribo bakomera ku myemerere kurusha abagabo.Ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje nanone ko abagore (b’abakristu) aribo batotejwe cyane mu isi kurusha bagenzi babo b’abagabo.

Ikimenyetso simusiga ngo kigaragaza ibyo ngo ni uko mu bihugu 50 birimo itotezwa rikabije byakoreweho ubushakashatsi ,ngo abagore aribo bemera guhara ubuzima bwabo kubera ubukristu kurusha abagabo,biba bigoye kuba umukristu muri bene ibi bihugu.

Kate Ward ,Uherutse gutegura Inama Mpuzamahanga yiga ku itotezwa ry’abakristu ku isi yagize ati:“Imibare y’abagore bemera guhara amagara yabo kubera ubukristu iragenda yiyongera ‘’Iyi nama ya Bwana Kate Ward ngo yibandaga ku kureba uburyo hakemuka ikibazo cy’itotezwa ry’abakristu mu isi.Iyi nama kandi yari yatewe inkunga n’imiryango irwanya bene iri totezwa izwi nka Release International, Open Doors, Christian Solidarity Worldwide, the International Institute for Religious Freedom, and the Religious Liberty Partnership.

Kuri iki cyumweru tariki ya 24 Mata 2016 muri Amerika hateganijwe umunsi wo kuzirikana abatotejwe bazira ubukristu,iki gikorwa kikazibera mu madini n’amatorero bya gikristu.Iki gikorwa nacyo cyatewe inkunga n’imiryango nka Family Research Council, Open Doors, the Institute on Religion and Democracy, Voice of the Martyrs, In Defense of Christians, Christian Solidarity Worldwide–USA, International Christian Concern, and the 21st Century Wilberforce .

Ikigo gikora ubushakashatsi ku iyobokamana Pew Research Center kiravuga ko abagore bakomera ku myemerere yabo cyane kurusha abagabo.Iki kigo kivuga ko abagore bitabira cyane ibikorwa byo gusenga nkuko biteganijwe kurusha abagabo mu isi yose. Abagore kandi bo mu isi yose ngo bafite aho basengera ku kigero cya 83.4 ku ijana mu gihe abagabo bo ngo ari 80 ku ijana bafite aho basengera.Ibi biravuga ko abagore bafite aho basengera barutaho abagabo bahafite miliyoni 97 z’abantu nkuko ikigo Pew research Centre gikora ubushakashatsi ku iyobokamana n’imyemerere kibivuga.

Byongeye kandi ngo 33.7 ku ijana by’abagore batuye isi bose ni abakristu ngo ibi biruta cyane andi matsinda akora ibikorwa byo gusenga. Aba bagore ngo bari mu murongo wo gusenga uhamye kurusha 29.9 ku ijana by’abagabo b’abakristu mu isi yose.

Mu bihugu 54 ubu bushakashatsi bwakorewemo mu gihe abantu barimo mu bikorwa byo gusenga,abagore bitabira amateraniro kurusha abagaboho 10 ku ijana. Abagore kandi ngo nibo bakunda gusenga ndetse bakumva ari ibyumumaro kurusha abagabo mu isi cyane cyane mu bihugu nka Peru, Chile, Korea y’epfo na Amerika aho gusenga bitoroheye uwo ari we wese..

Iyo bigeze ku bijyanye no kwitabira amateraniro ngo abagore bayitabira ku kigero cya 7 ku ijana kurusha abagabo..

Intagondwa z’abayisilamu ngo zahagurukiye kurwanya bene abo bagore nkuko umuryango wa gikristu witwa Release International wita ku itotezwa ubivuga,aho ngo muri iyi myaka iri totezwa ry’abagore b’abakristu ryazamutse cyane.

Ubu bushakashatsi buravuga ko mu bihugu bifite leta ya kislamu,abagore b’abakristu bahura n’akaga gakomeye ,karimo gutegekwa imyambarire,gufatwa ku ngufu,gushakwa n’abagabo b’abasilamu ku ngufu,kwicwa urubozo, n’irindi hohoterwa rikaze nkuko Release International ibitangaza.Ibi byibasiye ibihugu nka Syria, tCentral African Republic, na Nigeria.

Muri Nigeria, Abakobwa amagana baherutse gufatwa bugwate ndetse bategekwa kuba abasilamu ku ngufu abandi nabo bashyingirwa batyo nkuko bisobanurwa n’ubushakashatsi bwiswe Nigeria’s Political Violence Research ibi kandi ngo byakozwe na Boko Haram igamije gutegeka abo bana b’abakobwa gutegeka abo bazabyara kuba abayisilamu ku gahato.

Ibindi kandi ngo ni imisoro itegekwa abagore batari abayisilamu kwishyura ku gahato kubera kudasengera muri iyi dini nkuko bitangazwa na World Watch Monitor.

Abatotejwe ku isi abenshi ngo ni abagore nkuko bigaragazwa na Pew Research Centre.Iki kigo kimwe n’indi miryango ya gikristu yita ku itotezwa ry’abakristu barahamagarira abantu bose mu isi gukunda no kwita ku bagore ariko cyane cyane bakarenganura abazira ubukristu mu isi.Kate Ward umwe mu mpirimbanyi z’ubwisanzure mu myerere aravuga ko amatorero ,amadini,ibigo bya gikristu bakwiye gukorera hamwe bakarwanya aka kaga gakomeye kugarije abakristu cyane cyane abagore bazira ukwemera kwabo bahisemo kandi kudashyira imiryango yo mu isi mu kaga nyamara abirirwa bateza umutekano mu isi bakidegembya isi ibarebera. Release International, Open Doors, Christian Solidarity Worldwide, the International Institute for Religious Freedom, and the Religious Liberty Partnership,ni bamwe mu bafashe iya mbere muri iyi nkundura.

Nicodeme Nzahoyankuye/agakiza.org

Ibitekerezo (0)

Tanga igitekerezo

Amategeko n'amabwiriza arakurikizwa

Haba hari icyemezo ufashe nyuma y'ubu butumwa ?