
Buri mwaka inda ibihumbi 60 nizo zikurwamo mu Rwanda
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima n’Ikigo cy’
Ibyiyummvo by’urukundo
ngo bishobora kugabanya umubabaro, kubera ko burya ngo iyo ukunze hari
agace ko mu bwonko gakora neza kurushaho, bityo bigatuma n’agahinda
cyangwa umubabaro wari ufite bishira. Birumvikana ko kugira ngo
wiyibagize akababaro kimwe mu byo wakora harimo gukunda.
Inkuru
dukesha revue Plos One, ivuga ko ngo urukundo rwaba rugira amababa,
atari ayo kwigurukira ubwarwo ahubwo gusa, arufasha no kugurukana
umubabaro. Nkuko bitangazwa n’abashakashatsi bo muri « Stanford
University School of Medicine » bavuga ko ubuzima bw’umuntu ukunzwe
bushobora kumugabanyiriza umubabaro, kuko urukundo rubasha gusohora
bimwe mu byongera umubabaro n’agahinda. Nk’uko aba bashakashatsi
bakomeza babivuga ngo urukundo kimwe n’ubwoba cyangwa umurava ngo si
ibintu umuntu ashobora kwihererana.
Noneho icyo bita « Coup de
foudre », ni imimerere umuntu agira muri we ariko yihuse. Iki kintu
abantu bakunze kukita urukundo ariko bene uru ntirukunze kuramba, kuko
inshuro nyinshi usanga rushingiye ku irari. Akenshi usanga rushira
nk’uko rwaje. Ngo bene uru rukundo iyo rubayeho ruhita rugaragara mu
bice 12 by’ubwonko. Igikurikiraho ni uko umuntu ahita agira ibyiyumvo
by’urukundo, hakabaho n’igihe bene uru rukundo rukomeye rukanaramba,
ariko si kenshi.
Coup de foudre irangwa no kubura appetit, gutera
cyane k’umutima, kumva wacitse intege. Ibi byose bikaba biterwa
n’ivuburwa rya hormone yihariye yitwa « dopamine », ikora ku gace kamwe
k’ubwonko kazwi kugeza ubu nka système de récompense. Nk’ibindi
biyobyabwenge, urukundo rushobora kugaragaza ko hari ikibura igihe cyose
icyo wifuje kidahari.
source: UMUGANGA.com
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima n’Ikigo cy’
Kenshi ukunze kubona abantu bagenda bifashe mu nda,
Bijya bibaho ko umugore ashobora kwishyiramo ko atwite ari byo mu rurimi...
Indwara ya anjine (angine) ifatwa nk’indwara yoroheje ariko ishobora gutera...
Ibitekerezo (0)