Angelica Zambrano yeretswe ubwami bw’ijuru ni(...)

Angelica Zambrano yeretswe ubwami bw’ijuru ni kuzimu(Igice 2)


Yanditswe na: Ubwanditsi     2012-03-09 06:02:25


Angelica Zambrano yeretswe ubwami bw’ijuru ni kuzimu(Igice 2)

iyi nkuru itangirana n’agace gato k’umubyeyi w’ uyu mwana wagize iyerekwa igakomeza n’ubuhamya bw’umwana we , amazina yabo ariko ajya gusa atandukanywa n’ izina MORA ryiyongera kw’izina ry’umubyeyi we 

 .Izina ryanjye ni Maxima Zambrano Mora , twari mu masengesho ku y’iminsi 15 rusengero rwa El Empalme. , dutakambira Imana. Umukobwa wanjye Angelica nawe aradusanga ngo twifatanye . Muri iyo minsi 15 nagombaga Gukora ibyo ntari narigeze nkora mbere. Twasengaga dushyizeho umwete , dutegereje ko Imana yavugana natwe.

Imana yaduhaye umurava mwinshi. Kuko kubw’imbaraga zacu twabaga twakarekeye aho, ariko Imana yari iri mu ruhande rwacu kugirango idufashe.N’uko iduha ijambo dusanga muri Yeremiya(Jeremiah 33:3)Rigira riti “Ntabaza ndagutabara , nkwereke ibikomeye biruhije utamenya”. Umukobwa wanjye yakomeje gusaba Imana agendeye kuri iri jambo umwanya nanjye ntabasha kumenya uko wanganaga.

Angelica ( umwana):

Amazina yanjye ni Angelica Elizabeth Zambrano Mora, mfite imyaka 18 kandi niga Colegio José María Velazco Ibarra”, hano El Cantón, El Empalme, muri Equateur. Nakiriye Kristo nk’umwami n’umukiza mu bugingo bwanjye ubwo nari mfite imyaka 12, ariko nkajya mpora ubwanjye nibaza nti:” None ko nta n’umwe mu ncuti zanjye ukijijwe ndetse bigatuma niyumva nk’umunyamahanga muri bo”. Ibi byatumye nsa n’uhunze iby’Imana, n’uko ntangira kubaho ubuzima bubi bwuzuyemo ibibi gusa. Ariko Imana yankuye muri iyo si mbi. Ku isabukuru y’myaka 15, nibwo niyunze n’Imana, ariko icyo gihe nari ngishidikanya.Bibiliya iravuga iti:” Kuko umuntu w’imitima ibiri anamuka mu nzira ze zose”Yakobo: (James 1:8). Nari umwe muri abo bantu. Data yakundaga kumbwira ati:” Ntukwiriye kuba umeze utyo, biteye isoni n’agahinda”. Ariko nkamusubiza nti:”Uku niko ndi, ntamuntu ukwiye kuba ambwiriza uko nkwiriye kuba ndiicyo nakora cyose, uko nakwambara kose ndetse n’uko nakwitwara.” Nawe akansubiza ati:” Imana ibyawe ibirimo, Igiye kuguhindura.”

Ku myaka 17, naje kugarukira Imana. Tariki 28 Werurwe naje imbere yayo ndayibwira nti:”Mana, ndumva merewe nabi, ndabizi ko ndi umunyabyaha”. N’uko nyibwira uko niyumva:”Nyagasani, mbabarira. Ndashaka ko wandika izina ryanjye mu gitabo cy’ubugingo kandi unanyemere nk’umwana wawe.” Naricujije n’uko nongera kwegurira ubuzima bwanjye Imana. Ndavuga nti:”Nyagasani, nkeneye ko umpindura, impinduka zikagaragara muri njye”. Itandukariro ryahagaragaye ni uko natangiye kujya mu rusengero, gusoma bibiliya ndetse no gusenga.” Izi nizo zonyine zabaye impinduka mu buzima bwanjye.

Hanyuma , muri Kanama, naje gutumirwa mu masengesho y’iminsi 15. Nafashe umwanzuro wo kuyajyamo, ariko mbere y’uko nyatangira ndavuga nti:”Mana, ndasha ko ubana nanjye ukankoresha”. Igihe cy’amasengesho Imana yavuganaga na buri umwe wese, usibye njye! Byari bimeze nk’aho Imana itambona, bikambabaza. Ndasenga ngira nti:” Mana, ntabwo ukorana nanjye? Kuki utamvugisha nk’uko uri kuvugana n’abandi. Abandi wavuganye nabo ibintu byinshi, ndetse n’amagambo y’ubuhanuzi, usibye njye.” N’uko nyisaba ikimenyetso kigaragaza ko iri kumwe nanjye n’uko Imana iracyimpa (Jeremiah 33:3), “Ntabaza ndagutabara , nkwereke ibikomeye biruhije utamenya”. N’uko ndavuga nti: “nonese nyagasani uvuganye nanjye?” Kubera ko numvaga ijwi ryayo ryiza n’umva ngize iyerekwa ry’amagambo yanditse muri yeremiya 33:3.

Ndavuga nti:” Mana, ibi ni ibyanjye?” nashushe n’ubyihererana, ubwo buri wese yageragezaga ibyo Imana yamuhaye ndetse n’ibyo yabonye. Ariko nakomeje kubigira ibanga n’uko ngakomeza gutekereza kuri iri jambo:” Ntabaza ”. Bisobanuye ngo gusenga , ariko igikorwaibintu bikomeye ndetse n’ibiruhije”.Bisobanuye? Ndibwira, “ Ibi bishobora gusobanura byibuze ijuru ndetse n’ikizimu”. N’uko ndavuga nti:”Mana , ndashaka ko unyereka ijuru, ariko ureke ikuzimu, kuberako numvise ko ari ahantu hateye ubwoba” . Ariko ntangira gusenga n’umutima wanjye wose” Mana niba ari ugushaka kwawe nyereka ibyo ushoboye, hanyuma ubikore, ariko mbere na mbere umpindure. Ndashaka ko ugaragaza itandukaniro muri njye. Ndashaka gutandukana n’uwo nari we.”

 Iyo twarangizaga kwiyiriza habaga hari intambara n’ ibibazo rimwe na rimwe ngacika intege nkumva ntagishoboye kugendana n’ umwami. Ariko yampaye intege. Natangiye kumva ijwi rye no kumumenya neza .nuko ndamubwira nti “ mwami uri inshuti yanjye nziza . nshaka kukumenya neza “. N ‘ uko nsagira ibitekerezo byanjye nawe.

 N’uko nsenga ukwezi kwa munani kwose , maze umukozi w’ Imana aza mu rugo aravuga ati” Imana iguhe umugisha ‘’ n’uko ndasubiza nti ‘’ amen ‘’ maze arambwira ati’’ nkuzaniye ubutumwa buturuka ku mana ... ugomba kwitegura kuko Imana izakwereka ibikomeye biruhije utabasha kumenya. Igiye kukwereka ijuru n’ikuzimu kuberako wabisabye Jeremiah 33:3.“ ndasubiza nti ‘’ ni byo, wabimenye ute? Nta muntu n’umwe nigeze mbibwira ‘’ arasubiza ati’’Imana ukorera kandi ukaramya, iyo niyo mana nanjye ndamya kandi yambwiye buri kimwe cyose ‘’

Nyumay’akanya gato dutangira gusenga . bamwe mu babikira bo ku rusengero rwacu , ndetse n’abandi bo mu muryango wanjye barimo gusengana natwe .tugitangira gusenga numva ijuru rirafungutse . n’ uko ndavuga nti ‘’ ndabona iuru rikinguye , kandi abamarayika 2 bamanuka bava mw’ ijuru ‘’umuntu aravuga ngo ‘’ babaze impavu bari hano’’.

Bari barebare, beza kandi bafite amababa meza .bari bagari kandi barabagirana , basaga kandi nk’ababonerana ,bashashagirana nka zahabu .bambaye sandari zikomeye n ‘ imyabaro yera kubera iki muri hano ‘’ maze baramwenyura baravuga bati’’ turi hano kubera ko hari inshinga tugomba gusohoza.. turi hano kubera ko ugomba gusura ijuru n’ ikuzimu kandi ntiturava hano ibi byose bitarangiye ‘’ n’ uko ndavuga nti byiza cyane ariko nshaka gusura ijuru gusa’’. Baramwenyura , baguma aho , ntibagira icyo bongera kuvuga , nuko nkomeza kubabona nyuma yo gusenga .

Nuko ntangira kubona umwuka wera , n’ inshuti yanjye nziza urera , kandi azi byose abera hose icyarimwe ,nashoboraga kumubona arabagirana kandi anashashagirana ,nabonaga inseko ye n’ indoro ye y’ urukundo! Sinashobora na gato kuvuga uko yari ari kubera ko arengeje abamarayika kuba mwiza . abamarayika bafite ubwiza bwabo , ariko mwuka wera arengeje kure ubwiza bwabo!numvaga ijwi rye, ryuzuye urukundo n’ imbabazi mbese sinabona uko ijwi rye ndivuga; ijwi rimeze nk ‘ umurabyo nyamara muri ako kanya akambwira ati ‘’ ndi kumwe nawe ‘’ kandi ngaharanira gukomeza kugendana n’Imana ndetse nubwo intambara zaba zitugose. Twari turimo kunyura mu bihe bikomeye ariko tukabitsinda .ndavuga nti’’mwami ibyo ushaka abe ari byo biba’’ ntangira kubona abamarayika ku kigo ndetse no mw’ishuri , narishimye cyane . nuzuye ibyishimo cyane kuko nashoboraga kubabona! Nkuko twabibabwiye mu nkuru itaha ubu n’ ubuhamya burebure akaba ariyo mpamvu twabugabanyijemo ibice mukomeze mutegereze haracyaza n’ ubundi buhamya bukurikira iki gice cya kabiri .

Inkuru yashizwe mu Kinyarwanda na: MARCELLIN HABUMUREMYI

Ibitekerezo (2)

Danny

29-12-2012    04:05

Nibyiza kweri ariko nashaka ko mwo tumenyesha igice gikurikira kugirango dutahure aho inkuru yagarukiye. murakoze.

MUGABO Emmanuel

8-05-2012    04:44

Nibyo koko Imana ijya igenderera abantu ikabereka ibihishwe. Nanjye nkiri mu kigero cy’imyaka 19 nigeze kugira iyerekwa njyanwa ahantu nabonaga manuka mumwobo utagira aho ugarukira ngo nkabona nyura munsi y’urutare. Aho hantu naharwaniye n’abadayimoni benshi ariko nkabashobozwa no n’inkota nari mfite wongeyehi kuvuga ngo mu Izina rya Yesu.
Kandi nzi n’undi muntu twigeze kubana yari umudiyakoni mu itorero, akanguka ahamagara abantu twabanaga aho hantu (yari yahahamutse kubw’inzozi yari amaze kurota) kuko ngo yabonaga itorero riri kuzamurwa riva mu birere 4 by’isi ariko we akanguka atarazamurwa.

Tanga igitekerezo

Amategeko n'amabwiriza arakurikizwa

Haba hari icyemezo ufashe nyuma y'ubu butumwa ?