Umukambwe w’umuvugabutumwa mpuzamahanga Billy Graham aritegura ko muri uku kwezi azashyira hanze igitabo cye cya nyuma kizaba kibumbatiye inyigisho zose muri Bibiliya zivuga kuri Gehinomu ( umuriro).
Billy Graham w’imyaka 96 y’amavuko ntagishobora gutanga ibiganiro no kubwiriza kuko ubu hashize imyaka 10 akoze igiterane cye cya nyuma.
Urubuga rutangaza amakuru ya Gikristo Christian today kivuga ko nyuma y’aho amariye kwandika igitabo yise ‘’The reason for my Hope’’ ugenekereje ni impamvu (...)
Home > Keywords > Ubwoko bwa article > articles
articles
Articles
-
‘’Abakorera ijuru bazarijyamo n’abakorera umuriro bazwujyamo’’ Billy Graham
1 October 2015, by Innocent Kubwimana -
Igihe kizaza , ubwo abari mu bituro bose bazumva ijwi rye bakavamo!
16 December 2013, by Alice Rugerindinda“Ntimutangazwe n’ibyo, kuko igihe kizaza ubwo abari mu bituro bose bazumva ijwi rye bakavamo, abakoze ibyiza, bakazukira ubugingo, naho abakoze ibibi bakazukira gucirwaho iteka.” Matayo 5:28-29
Maze iminsi njya gushyingura abantu bitabye Imana,kandi yo mpageze nibaza ibintu byinshi cyane, ndetse akenshi iyo mpari, mba numva ntahanye umugambi mwiza wo gushyira ibintu ku murongo, kugirango umunsi nanjye byangezeho, niba bishoboka nzagende neza nk’umuntu witiriwe izina ry’Imana.
Abantu bamwe (...) -
Umukobwa w’imyaka 16 yicujije kuba anywa amaraso y’abantu
16 October 2012, by UbwanditsiUmukobwa w’imyaka 16 aricuza bikomeye kuba akora imihango ya gishitani irimo cyane cyane kunywa amaraso y’abantu. Uyu mukobwa ukomoka mu gace ka Bulawayo muri Zimbabwe yicujije mu ruhame kuba anywa amaraso y’abantu ndetse anatangaza n’abantu bagera kuri 60 akorana nabo.
Uyu mukobwa yaboneyeho ndetse no kuvuga ku mugaragaro imyirondoro y’abantu bagera kuri 38 bagiye kuzicwa bahitanywe nabo akorera ndetse anavuga aho icyumba bakoreramo iyo mihango giherereye.
Stanley Kwashira ni umwe mu bayobozi (...) -
Ni uwuhe musaruro w’umunsi wa Saint Valentin ?
12 February 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNi uwuhe musaruro w’umunsi wa Saint Valentin ?
Iyo uvuze umunsi wa Saint Valentin n’ibijyana na wo, si igishya ku batuye isi ndetse no mu Rwanda by’umwihariko. Hari ababona ko kwizihiza uyu munsi rimwe mu mwaka bumva bidahagije ahubwo ko wajya wizihizwa inshuro zirenze imwe buri mwaka bitewe n’uko aba bawufata n’ibyo bita byiza bawukoraho.
Ku rundi ruhanze ariko, hari n’abandi batunga agatoki uyu munsi nk’intandaro y’isenyuka ry’ingo zitari nke, ubusinzi bukabije bitandukanye n’indi minsi isanzwe (...) -
Menya Intambwe eshanu zo gukuza no kuvumbura impano zawe
21 March 2016, by Pastor Desire Habyarimana1. Shakisha mu buryo buhari
Imenyereze ibyo Bibiriya yigisha mu mpano z’Umwuka kandi umenye ko Impano yawe ishobora kuba uburyo bumwe Imana izakoresha kugira ngo uhindure mu buryo budasubirwaho abantu mubana. Ibaze uti : ” Hari ibyo ndi gukora kugira ngo mvumbure umuhamagaro wanjye n’impano zanjye ? “
2. Gerageza ibintu uko ushoboye kose
Reka wowe na bawe Itorero ribabere urubuga rwo kugerageza impano zanyu mu gufasha abantu. Rihindu ahantu heza, abantu bageragereza uburyo babonye bwo (...) -
" Njya mpagarara mu cyuho ngasaba imbabazi mu mwanya w’abahutu bose bakoze Jenocide bakambaza bati :" Ni nde wagutumye? " (Past. Nyamutera Joseph)
17 April 2013, by UbwanditsiMu buzima bwanjye, sinigeze na rimwe numva Data umbyara avuga nabi abatutsi kabone n’ubwo tuvuka mu majyaruguru y’u Rwanda, ari naho ivangura ry’ubwoko ryari ryarashinze imizi. Mu by’ukuri twari dufite abatutsi benshi b’inshuti z’umuryango wacu. Data umbyara yari azwi nk’umunyapolitiki utaracanaga uwaka n’ubutegetsi bwariho bumuziza gusa ko ngo yarwanyaga akarengane kakorerwaga abatutsi muri icyo gihe bagakorerwa n’abahutu.
Nyuma yaho, naje no gusanga sogokuru yaragiriwe neza n’abatutsi kuko mu (...) -
Tabaski umunsi ukomeye cyane
26 October 2012, by UbwanditsiMu byumweru nka bibiri bishize, umujyi wa Thies wose usa nkuwahinduye ibara. Ntimutekreze ko ari ukubera changement climatique (Global worming) ahubwo biraterwa n’aborozi bashoreye intama zabo bagaragara mu mujyi wose, iruhande rw’imihanda ahenshi hakaba hahindutse isoko kuko hari imyiteguro y’umunsi ukomeye cyane bita « fête du mouton », cyangwa se Tabaski. Ingoma zirimo kwitegurwa imyenda iragurwa ibintu birakomeye!
Tabaski, ni izina rihabwa umunsi abandi bita ’Aïd-el-Kébir, muri Afurika yose (...) -
Mbese wari uzi ko ushobora kunesha ibitekerezo bipfuye?
9 November 2015, by Pastor Desire HabyarimanaMbese wari uzi ko ushobora kunesha ibitekerezo bipfuye? Intambwe ya mbere ni uguhanga amaso yawe ku kuri ukavuga uti: “Aho nerekeza ni habi, ndashaka guhinduka.” Niba koko ubishaka, uranabishobora kuko Bibiliya itubwira ko uri mushya muri Kristo. (reba 2 Abakorinto 5:17).
Intambwe ya kabiri ni ugushakisha ikikudindiza.
Menya inzitizi ufite
Ese wigeze utekereza ko nta kintu cyiza kizakubaho? Byanashoboka ko wavuze amagambo nk’aya ngo: “Ubwo nta cyiza ntegereje ko kimbaho, ntacyo bizantwara (...) -
Muri Uganda hatoraguwe umurambo w’umupasiteri nyuma y’ibiganiro mpaka n’abayisilamu
20 October 2015, by Innocent KubwimanaMu gihugu cya Uganda hatoraguwe umurambo w’Umupasiteri usanzwe ari n’umuvugabutumwa nyuma yo kumvikana mu biganiro mpaka byahanganishaga abakristo n’abayoboke b’idini ya Isilamu mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Samson Nfunyeku wari wakunze kugaragara mu biganiro nk’ibi bihuza impuguke mu bya Tewolojiya byaberaga ahitwa Tirinyi Trading Center mu mwaka ushize, icyaherukaga cyabaye tariki 22 z’ukwezi gushize kwa Nzeri.
Christian Today yatangaje ko muri iki gitondo ari bwo umurambo w’uyu (...) -
Yabaye umuntu wa mbere waboye uruhusa rwo gutwara indege nta maboko agira
14 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaJessica Cox yavutse tariki ya 02/02/1983 ahitwa Sierra Vista, muri Arizona ho muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Akaba yaravutse nta maboko yombi afite, ubumuga budakunze kugaragara mu mpinja zikivuka. akimara kuvuka abaganga babwiye ababyeyi be ko ubuzima bwe bwose azajya akenera umuntu wo kumurandata.
Gusa siko byagenze kuko nyuma y’igihe gito yatangiye kugenda nta wumufashe. Jessica Cox niwe muntu wa mbere wahawe uruhushya rwo gutwara indege atagira amaboko mu w’2008, ndetse akaba (...)
0 | ... | 1660 | 1670 | 1680 | 1690 | 1700 | 1710 | 1720 | 1730 | 1740 | ... | 3150