Menya ibitangaza Imana yakoreye Abanyamurenge (Igice ca mbere).
1). Umugabo witwa Sebukubo yakoreshejwe n’umwuka akoreshwa ikintu...
Tumenye Itorero rya Pentecote ry’ Urwanda (ADEPR)
Itorero rya Pentekote ryo mu Rwanda ADEPR, ryatangiye umurimo w’ ivugabutumwa mu 1940 ritangijwe n’ umuryango w’ ivugabutumwa w’ Abanyasuwedi witwa Mission Libre Suedoise (MLS). Nyuma y’ imyaka 72, ubutumwa bwiza bwakwiriye mu mpande enye z’ u Rwanda. Imibare yayo muri 2010, yerekana ko ADEPR igizwe n’ indembo 12, amatorero 288, imidugudu 2719, abakuru b’ Itorero 1.168. Abavugabutumwa 2.364, abadiakoni 32385, abana batarageza ku myaka yo kubatizwa bagera 203571 n’abakristo barengeje imyaka cumi n’ ibiri bagera 816.032
1940: Ubutumwa bwiza niho bwatangiye kuvugwa muri Gihundwe ubu ni mu karere ka Rusizi. 1954: Bwana na madamu Linus Blomkvist bari kumwe n’Abavugabutumwa 2 b’ Abanyarwanda Sebalinda Frederic na Ngeruka Alexandre binjiye muri Gisenyi bavuye Machumbi-Kashebere muri Congo.
1962: Umurundi witwa Nyandwi Philippe yatumwe mu Rwanda maze afatanya na Karuhije Bernard gutangiza umurimo mu Ruhengeri.
1963: Abakobwa 2 ari bo Misiyonelri Iris Axelsson na Ulla Svensson bumvise ijwi bari muri Uvila-Kongo ribahamagarira kuza mu Rwanda bityo baraza maze batangirira muri Kibuye mu Karere ka Karongi y’ ubu.
1967: Itorero rya Gisenyi ryatumye Pasteur Kayihura Jacques gutangiza umurimo muri Kigali maze atangirira ahitwa I Gasave.
1967: Abavugabutumwa 2 ari bo Ngurube Eleazar na Nzabanita Elie nibo bagejeje ubutumwa muri Gikongoro. Baje baturutse mu Itorero rya Mukungu maze binjira muri Komini Muko, ubu n’ Itorero rya Gashwati mu Karere ka Nyamagabe.
1968: Umupolisi witwa Rugereka David wari uje mu kazi aturutse I Gashonga ni we wavuze ubutumwa bwa mbere muri Butare. Itorero rya Gihundwe ryamenye iyo nkuru ryyohereza Pasteur Semuhungu Philippe.
1969: Ba Misiyoneli Iris Axelsson na Ulla Svensson binjiye muri Byumba bahera i Buyoga. Bari baherekejwe na Pasteur Kanyabigega Ephraim waturukaga mu Itorero rya Gisenyi.
1969: Abavugabutumwa 2 ari bo Ngirabatware Edouard na Karonkano Etienne hamwe n’abagore babo binjiye muri Gitarama.
1971: Pasteur Kayihura Jacques ari kumwe na Rudolf Hofmann binjiye muri Kibungo batangirira i Rwinkuba. Twavuga ko kuva mu 1940 kugeza 1971, ubutumwa bwo kwihana, kubatizwa mu mazi menshi, kubatizwa mu Mwuka Wera, kuvuga mu ndimi nshya, gukira indwara mu izina rya Yesu Kristo bwari bumaze kumenywa n’ Abanyarwanda batari bake mu mpande enye z’ u Rwanda (Matayo28:19-20)
Muri icyo gihe wa muryango wo muri Suede wakorana n’amatorero 4 yigenga kugeza 1984 ubwo ayo matorero yahuzaga ibikorwa bityo haba havutse UMURYANGO W’ AMATORERO YA PENTEKOTE YO MU RWANDA. Mu myaka 10 yakurikiyeho uwo muryango wihaye intego yo gukwira mu makomini yose, kongera ibikorwa by’ uburezi, amavuriro, guhugura abakozi b’ Imana n’abanyetorero mu bumenyi butandukanye.
Nyuma ya jenocide yakorewe abatutsi 1994, itorero ryakomeje kwiyubaka kuko ryabuze abanyetorero batari bake abandi barahunga. Ryakomeje gufatanya na leta y’ ubumwe bw’ Abanyarwanda gusana igihugu no muri gahunda y’ iterambere. Itorero ryagize uruhare mu gukangurira Abanyarwanda kwitabira inkiko gacaca, ubumwe n’ ubwiyunge, kwigisha gusoma no kwandika no kubara, kubaka ibikorwaremezo binyuranye.
Kugeza ubu ADEPR ibarura ibigo by’amashuri abanza 165 ibigo by’ igisha imyuga 7, ibitaro bya Nyamata, ibigo Nderabuzima 5, amashuri y’ inshuke,amasomero,amashuri yigisha Biblia na Tewolojiya 5 yo ku rwego rwa A2, ishuri rikuru rya A0 rimwe mu mujyi wa Kigali.
Ku bijanye n’ imiyoborere, ADEPR ifite inzego nkuru ari zo: Inteko rusange igizwe n’abagize inama y’ ubuyobozi , Abashumba b’amatorero abahagarariye abagore n’ urubyiruko ku rwego rw’ indembo, abayobozi b’amashami y’ imirimo inama y’ ubuyobozi igizwe n’ abashumba b’ indembo 12, abagize Biro Nyobozi 6 n’ impuguke 7 zitorwa n’ inteko rusange kubera ubumenyi nubunararironye bafite.
Biro Nyobozi itorwa n’ inteko rusange mu gihe cy’ imyaka 5, igizwe n’ umuvugizi, umuvugizi wungirije ushinzwe ubuzima bw’ itorero, umunyamabanga Mukuru. Umuyobozi ushinzwe imari n’ ubukungu, umujyanama mu bireba ubuzima bw’ itorero, umujyanama mu bireba ubuyobozi, ubukungu n’ imari.
Nyuma y’ izi nzego nkuru hariho urwego rw’ ururembo, itorero cyangwa Paruwasi ndetse n’ umudugudu. Ku bireba amategeko, ADEPR ifite amategeko ngengamikorere, amategeko ngengamyifatire, amategeko agenga Komisiyo yo gukumira no gukemura amakimbirane, agenga amatora n’ amategeko agenga icungamutungo muri ADEPR, tuzakomeza kubagezaho imiterere n’ imikorere y’ inzego z’ ubuyobozi….
Inkuru dukesha umuhamya wa Pentekoti.
1). Umugabo witwa Sebukubo yakoreshejwe n’umwuka akoreshwa ikintu...
Navukiye mu Budage, ababyeyi banjye bimukira i Montreux mu Busuwisi ubwo...
Angelica Zambrano yeretswe ubwami bw’ijuru, ikuzimu ndetse no kugaruka kwa...
Tumenye Itorero rya Pentecote ry’ Urwanda (ADEPR) Itorero rya Pentekote ryo...
Ibitekerezo (1)
rOLIiaUXaMHaTdTtJ
31-03-2014 17:34
UPAVX3 nxotmxnikmwo, [url=http://nscpyyyjhrmk.com/]nscpyyyjhrmk[/url], [link=http://keeugmomcagk.com/]keeugmomcagk[/link], http://hcyszvfnjqir.com/